Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr. Iyamuremye Augustin atanze ibaruwa y’ubwegure bwe ku mwanya yariho ndetse no ku mirimo y’umusenateri.
Mu ibaruwa y’ubwegure bwe, Hon. Dr. Iyamuremye yatangaje ko yeguye kubera impamvu z’uburwayi akaba akeneye gufata umwanya wo gukomeza kwivuza bitabangamiye inshingano ashinzwe.
Yagize ati “ Mboneyeho kongera gushima Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, icyizere ntagereranwa atahwemye kungaragariza. Namwe ba nyakubahwa basenateri nongeye kubashimira ko mwantoye kandi mutigeze muntererana muri izi nshingano zitoroshye. Aho naba naragize intege nke si ku bushake, mbisabiye imbabazi kandi mbijeje ko ntazigera niyumvamo ko nacyuye igihe mu ntege nke zanjye zose nzakomeza kwitangira igihugu.”
Uyu wari umwe mu banyacyubahiro batanu ba mbere mu gihugu yatowe na bagenzi be ku mwanya wa Perezida wa Sena tariki ya 17/10/2019.
Uyu musaza w’imyaka 76 yabaye yinjiye mu nteko ishinga amategeko avuye ku mwanya wo kuyobora Urwego Ngishwanama k’Inararibonye z’Igihugu.
Ubwo yafataga ijambo rya mbere amaze gutorwa
Yari yungirijwe na Hon. Esperance Nyirasafari hamwe na Dr Mukabaramba Alivera ku myanya ibiri ya Visi Perezida wa Sena.
Biteganyijwe ko ejo, ku wa 9/12/2022, Inteko Rusange izagezwaho ubwegure bwe, yemeze ko Perezida wa Sena avuye burundu mu mirimo ye.


















