Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) cyongeye gushimangira umuhate wacyo wo guca burundu indwara ziterwa n’inzoka zo mu nda (roundworms) na bilharziose ku rwego rw’igihugu bitarenze umwaka wa 2030, binyuze mu gukumira izi ndwara no kongerera abaturage ubumenyi. Ubu butumwa bwatanzwe mu bukangurambaga bwabaye ku itariki ya 28 Mutarama 2026 mu Murenge wa Mareba, Akarere ka Bugesera, bwari bugamije kwigisha abaturage batunzwe n’ubuhinzi bukorerwa mu bishanga.
Abaturage bigishijwe uburyo bwo kwirinda indwara zitaweho gake (Neglected Tropical Diseases), cyane cyane inzoka zo mu nda nka bilharziose. Ubu bukangurambaga bwabaye mbere y’Umunsi Mpuzamahanga wo Kurandura Indwara Zitaweho Gake wizihizwa ku itariki ya 30 Mutarama. Abahinzi bavuze ko iyi gahunda yabafashije gusobanukirwa uko izi ndwara zandurira n’akamaro ko kugira isuku, harimo gukoresha neza ubwiherero no gufata neza ibishanga.
Abayobozi ba RBC bagaragaje ko utugari 43 two mu Karere ka Bugesera tukigaragaramo indwara ya bilharziose, bashimangira uruhare rw’abaturage mu kubaka ubwiherero no kwirinda kwituma ku mugaragaro. Inzego z’ubuzima kandi zabwiye abaturage ko bakwiye kwirinda kujya mu buvuzi bwa gakondo ahubwo bakihutira kwa muganga kugira ngo hirindwe ingorane n’imfu .
Ghislaine Kamikazi


















