Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

RBC yahinduye iminsi urwariye COVID-19 mu rugo amara mu kato

Monday 10 January 2022
    Yasomwe na

Mutungirehe Samuel

Ikigo cy’igihugu cy’Ubuzima RBC, cyatangaje ko iminsi umurwayi wa COVID-19 yamaraga mu kato mu rugo igiye kujya iba 7 aho kuba 10 nk’uko byakorwaga.

Ubusanzwe amabwiriza yagenderwagaho yavugaga ko urwaye COVID-19 yishyira mu kato k’iminsi 10 yiyitaho, akurikiza inama yagiriwe na muganga bigatuma atanduza n’abandi.

Ubu amabwiriza mashya avuga ko urwaye covid-19 ariko yarakingiwe agomba kwishyira mu kato k’iminsi 7, no ukuvuga icyumweru kimwe, akazavamo ari uko apimwe agasanga yarakize, nta virusi ikigaragara mu mubiri we.

Iki kigo RBC na Minisiteri y’ubuzima muri rusange bakomeza gusaba abantu kwikingiza byuzuye ndetse bagafata n’urukingo rwo gushimangira kuko byagaragaye ko bigabanya ibyago byo kwandura cyangwa kurembywa na COVID-19 igihe cyangwa guhitanwa nayo igihe yaba igufashe.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru