Ikigo k’Ikiguhu cy’Ubuzima RBC cyatangaje ko ababyeyi batwite n’abonsa batari mu bagomba guhabwa urukingo rwa coronavirusi mu buryo bwihutirwa.
Umuyobozi Mukuru wa RBC, Dr. Nsanzimana Sabin yavuze ko kugeza ubu nta bushakashatsi bwigeze bukorwa kuri ibyo byiciro ngo hamenyekane niba nta ngaruka urukingo rwatera uruhawe atwitse, yonsa kimwe no ku mwana ubwe.
Mu minsi mike isi isigaye itangiye gukingira abaturage, ibihugu bitandukanye birimo n’u Rwanda byahereye ku bantu bafite ibyago byinshi byo kwandura coronavirusi kurusha abandi barimo abakora kwa muganga, abakora muri gahunda zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo n’abakuze kimwe n’abafite indwara zikomeye zigabanya ubudahangarwa rw’umubiri.
Ababyeyi barimo abatwite n’abonsa bisanga muri iyo mirimo, barimo n’abarimu, ntibabura gusaba ko nabo bakingirwa kuko bafite ubwoba bwo kwandura byoroshye bitewe no guhura n’abantu benshi mu kazi ka buri munsi.

















