Thursday . 25 June 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 24 June » Musanze: JADF yatangaje ko amafaranga y’ingengo y’imari yikubye gatatu muri uyu mwaka – read more
  • 23 June » Ishyaka ryacu rishyize imbere imibereho myiza y’Abaturage, Senateri Dr Frank Habineza – read more
  • 15 June » Abapolisi bo muri Pakistan bibeshye barasa ku muryango w’Abanya-Australia, umwana ahasiga ubuzima – read more
  • 15 June » Ibisasu by’Uburusiya byishe abantu 9 ndetse bitwika Katedarali y’amateka iri i Kyiv – read more
  • 15 June » RMA: Bruce Melody yegukanye igihembo, The Same bataha amaramasa – read more

RDC: Minisitiri w’Ubuzima yeguye nyuma yo kwamburwa inshingano zo guhangana na Ebola

Monday 22 July 2019
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre Romeo

Minisitiri w’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Oly Ilunga yeguye ku mwanya we nyuma yo kwamburwa inshingano zo guhangana n’icyorezo cya Ebola zigashyirwa mu maboko ya Perezida.

Guhera muri Kanama umwaka ushize Ebola imaze guhitana abasaga 1600 mu burasirazuba bwa Congo.

Kuri uyu wa Gatandatu, Perezida Felix Tshisekedi yatangaje ko inshingano zo kugenzura ibikorwa byo guhashya icyo cyorezo zishyizwe mu maboko ye.

Mu butumwa yacishije kuri Twitter, Ilunga wari umaze imyaka ibiri ari Minisitiri w’Ubuzima yatangaje ko yamaze gutanga ubwegure bwe.

Yagize ati “Nyuma y’icyemezo cya Perezida cyo guhangana n’icyorezo cya Ebola ku giti cye, natanze ubwegure bwanjye nka Minisitiri w’Ubuzima.”

Ilunga yanagaragaje ko imikoranire itari myiza hagati ye na Perezida ndetse na Minisitiri w’Intebe ku bijyanye no guhangana na Ebola, nkuko Associated Press yabitangaje.

Yagize ati “Nababajwe n’uko komite ishinzwe guhangana na Ebola yashyizweho ku itegeko rya Minisitiri w’Intebe, bikemezwa ntabizi.”

Dr. Jean-Jacques Muyembe ni we washyizweho na Perezida Tshisekedi ngo ayobore Komite ishinzwe guhangana na Ebola ku rwego rw’igihugu.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru