Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje ko rwataye muri yombi uwahoze ayoboye Ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative (RCA).
Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko Prof Harelimana yatawe muri yombi.
Ati “Nibyo Prof Harelimana yafashwe na RIB.”
Amakuru aravuga ko akurikiranweho ibyaha birimo gutanga isoko rya Leta binyuranyije n’amategeko no gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro.
Kuva kuwa Kane akimara gutabwa muri yombi, byakomeje guhuzwa n’uko kuwa Gatatu atitabye Komisiyo y’abadepite ishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’ingengo y’imaro n’umutungo by’ibihugu PAC, abayigize bagasaba ko izindi nzego zabikurikirana kuko hari byinshi byamugarutseho nk’uwahoze ayobora RCA igihe ingengo y’imari ya 2021/22 yakoreshwaga.
Gusa ku rundi ruhande, RIB yavuze ko itabwa muri yombi rya Prof. Harelimana bitahuzwa no kutitaba PAC.
Uyu wahozw ayobora RCA yahawe izo nshingano ategerejweho gucoca no gukemura ibibazo byavugwaga mu makoperative ariko bigaragara ko byarushijeho kwiyongera umusubirizo kugeza naho amakoperative y’abamotari mu gihugu aseswa nyuma hakaza gushingwa andi amaze kwirukanwa muri izo nshingano.
























