Nyuma yuko mu Murwa Mukuru wa Bujumbura mu Burundi haturikiye gerenade igahitana ubuzima bw’abagera kuri 30, Leta yahise ishinja iki gitero Umutwe wa Red Tabara bahora bahanganye inavuga ko wabikoze mu kuboko kw’u Rwanda.
Umutwe wa Red Tabara nawo ukimara kubona ko igitero kiwitiriwe, wahise ubitera utwatsi, nawo ubyegeka kuri leta y’u Burundi.
Ni ibitero bya gerenade byagabwe kuwa Gatanu tariki 10 Gicurasi, ubutegetsi bw’u Burundi buhita butangaza ko ari Red-Tabara ibiri inyuma.
Itangazo umutwe wa RED-Tabara wasohoye rigaragaza ko Minisiteri y’Umutekano mu Burundi yabegetseho ibi bitero nyamara ari ibinyoma.
Rigira riti “Kwihutisha kwegeka ibitero bigabwa mu Burundi ku mpande zitandukanye nta perereza ricukumbuye ryari ryakorwa, bitera kwibaza uruhare rwa Leta muri ibyo bitero.”
Iri tangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi w’uruhande rwa politike rwa Red-Tabara, Patrick Nahimana rikomeza rivuga ko “Red-Tabara ihakanye yivuye inyuma ibyo kugira uruhare muri ibyo bitero. Nta munsi n’umwe uyu mutwe uzigera ubangamira inzirakarengane z’abasivile".
Umuvugizi w’uyu mutwe yakomeje agira ati “U Butegetsi bw’u Burundi bwari bukwiye kwita ku bibazo bikomeye bihangayikishije u Burundi, aho kwigira nyoni nyinshi mu kuyobya abantu buvuga ko buri mu iperereza ry’ibyaha bwakoze. Red-Tabara yihanganishije imiryango y’abagizweho ingaruka n’ibyo bitero.”
Uyu mutwe ubitangaje mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi batangaje ko ibitero byagabwe ku wa Gatanu ari ikinamico yateguwe n’ubutegetsi igamije kurangaza amahanga n’abaturage ku bibazo bimaze igihe byugarije u Burundi birimo ibura ry’ibikomoka kuri peteroli rigeze ku rwego rutigeze rubaho mu Burundi



















