Gachagua, wirukanwe ku mwanya wa visi perezida mu 2024 binyuze mu rubanza rwo kumweguza, yavuze ko igico cy’abapolisi bataye umurongo bateye mu rusengero rwo mu mujyi wa Othaya, mu ntara ya Nyeri kari rwagati mu gihugu, bakoresheje amasasu n’imyuka iryana mu maso.
Nta gihamya atanze, yashinje uwahoze ari inshuti ye akaba ari na Perezida wa Kenya William Ruto, kuba ari we wategetse igabwa ry’icyo gitero.
https://x.com/rigathi/status/201534...
Ruto nta cyo yari yatangaza ariko Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Kipchumba Murkomen yamaganye urwo rugomo, avuga ko rutakwihanganirwa.
Polisi yavuze ko iperereza ryatangiye, yongeraho ko nta bantu bakomeretse batangajwe.
Amakuru yahawe polisi agaragaza ko umwiburungushure ushyirwamo imyuka iryana mu maso wajugunywe mu rusengero rw’Abangilikani rwa St Peter’s Anglican Church saa tanu z’amanywa (11:00) zo muri Kenya (saa yine z’amanywa zo mu Rwanda no mu Burundi), bidobya amasengesho.
Polisi yongeyeho ko amakuru avuga ko imodoka nyinshi zangiritse mu mbuga y’urwo rusengero, yinginga ababibonye ngo bayihe amakuru.
Gachagua, umucuruzi w’umuherwe ukomoka mu karere ka Mount Kenya, kitiriwe umusozi wa mbere muremure cyane muri Kenya, kari rwagati mu gihugu, ubu unenga bikomeye Perezida wa Kenya, yavuze ko itsinda ry’abamucungira umutekano ryamuherekeje rimujyana ahatekanye.
Ruto na Gachagua batowe mu mwaka wa 2022 ku itike imwe bari bahuriyeho - ndetse ubwo bufatanye bwabo bwafashije Ruto gutsinda binyuze mu gukusanya amajwi mu karere ka Mount Kenya, igicumbi cy’abo mu bwoko bw’Abakikuyu, ba mbere benshi cyane mu batora bo muri Kenya.
Chadadi Habimana


















