Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Rigathi Gachagua yemeje ko bagerageje kumwicira mu rusengero

Monday 26 January 2026
    Yasomwe na

Gachagua, wirukanwe ku mwanya wa visi perezida mu 2024 binyuze mu rubanza rwo kumweguza, yavuze ko igico cy’abapolisi bataye umurongo bateye mu rusengero rwo mu mujyi wa Othaya, mu ntara ya Nyeri kari rwagati mu gihugu, bakoresheje amasasu n’imyuka iryana mu maso.

Nta gihamya atanze, yashinje uwahoze ari inshuti ye akaba ari na Perezida wa Kenya William Ruto, kuba ari we wategetse igabwa ry’icyo gitero.


https://x.com/rigathi/status/201534...


Ruto nta cyo yari yatangaza ariko Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Kipchumba Murkomen yamaganye urwo rugomo, avuga ko rutakwihanganirwa.

Polisi yavuze ko iperereza ryatangiye, yongeraho ko nta bantu bakomeretse batangajwe.

Amakuru yahawe polisi agaragaza ko umwiburungushure ushyirwamo imyuka iryana mu maso wajugunywe mu rusengero rw’Abangilikani rwa St Peter’s Anglican Church saa tanu z’amanywa (11:00) zo muri Kenya (saa yine z’amanywa zo mu Rwanda no mu Burundi), bidobya amasengesho.

Polisi yongeyeho ko amakuru avuga ko imodoka nyinshi zangiritse mu mbuga y’urwo rusengero, yinginga ababibonye ngo bayihe amakuru.

Gachagua, umucuruzi w’umuherwe ukomoka mu karere ka Mount Kenya, kitiriwe umusozi wa mbere muremure cyane muri Kenya, kari rwagati mu gihugu, ubu unenga bikomeye Perezida wa Kenya, yavuze ko itsinda ry’abamucungira umutekano ryamuherekeje rimujyana ahatekanye.

Ruto na Gachagua batowe mu mwaka wa 2022 ku itike imwe bari bahuriyeho - ndetse ubwo bufatanye bwabo bwafashije Ruto gutsinda binyuze mu gukusanya amajwi mu karere ka Mount Kenya, igicumbi cy’abo mu bwoko bw’Abakikuyu, ba mbere benshi cyane mu batora bo muri Kenya.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru