Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Nyuma yo kwegura kwa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Liz Truss, kuri uyu wa Kane, urugamba rwo gushaka umusimbura rwatangiye aho mu bahabwa amahirwe menshi ku isonga hari Rishi Sunak.
Biteganyijwe ko gushaka umusimbura wa Liz Truss ku buyobozi bw’ishyaka ry’aba-Conservateurs no ku mwanya wa Minisitiri w’intebe, bizaba byarangiye mu mpera z’icyumweru gitaha.
Nubwo nta numwe biremezwa ko aziyamamariza gusimbura Liz Truss, hari abakandida bahabwa amahirwe ku isonga harimo Rishi Sunak.
Rishi Sunak yiyamamarije gusimbura Boris Johnson ndetse agera muri babiri ba nyuma aho yari ahanganye na Truss waje no kumutsinda.
Igihe.com dukesha iyi nkuru bavuzeko, Rishi Sunak yiyamamaje nyuma yo kwegura ku mwanya wa Minisitiri w’imari ndetse ashyigikirwa cyane n’abadepite bo mu ishyaka. Yavugaga ko politiki y’imisoro iriho izahungabanya ubukungu.
Sunak ni umwe mu baherwe bari mu ishyaka riri ku butegetsi ndetse umugore we Akshata Murty, ni umwana w’umuherwe w’Umuhinde, N.R.Narayana Murthy, uri mu bashinze ikigo cy’ikoranabuhanga cya Infosys. Yabaye kandi umudepite mu 2015.




















