Bamwe mu baturage bakora mu mushinga wa VUP, mu murenge wa Nyamyumba, bavuga ko bamaze amadizeni 3, ahwanye n’iminsi 30 badahembwa, banahembwa bagahembwa nabi ku buryo bituma ayo mafaranga atabasha kubafasha gukora ibyo baba bayateganyirije.
Mu bikorwa bakora, muri uyu mushinga byiganjemo kubakira abatishoboye muri uyu murenge, nyuma yaho bari bamaze amadizeni 4, ahwanye n’iminsi 40 badahembwa, bamwe baje guhembwa, ubu nanone ngo amadizene abaye 3, ahwanye n’iminsi 30 nanone badahembwa.
Umwe mu bakora muri uyu mushinga utarashatse ko amazina ye tuyagaragaza muri iyi nkuru, utuye mu kagari ka Kiraga, mu murenge wa Nyamyumba avuga ko ubu amadizeni amaze kuba atatu, niyo nayabahaye aza atuzuye.
Ati: "Ubungubu hasigaye amadizeni 3, niyo bagerageje guhemba bahemba idizeni imwe, rero kwikenura ntabwo byabaho, ahubwo uyafata uri guhita wishyura amadeni uba warakoresheje, ariko bayaduhereye rimwe wenda, umuntu ushobora no kwishyura, asigaye ukaba wayaguramo n’inkoko".
Mu mirimo ya VUP bakora harimo no kubakira abatishoboye
Gusa twagerageje kuvugisha Hagenimana Epimaque ufite imirimo ya VUP mu shingano ze mu karere ka Rubavu, ngo agire icyo avuga kuri iki kibazo, gusa ubwo yatwitabaga kuri Telefone, tumusaba kugira icyo akivugaho, yahise atubwira ngo tube turetse. Izindi shuro twongeye kumahamagara ntabwo yatwitabye, ndetse n’ubutubwa bugufi twamwandikiye ubwo twakoraga iyi nkuru yari ataradusubiza.
Yanditswe na Mahirwe Eulade





















