Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Rubavu: Amashyuza yivanze n’Ikivu abaturage barahahombera

Tuesday 27 February 2024
    Yasomwe na


Bamwe mu baturage bakundaga kubyaza umusaruro amazi ashyushye ava mu nda y’Isi azwi nk’Amashyuza yo ku murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu, baravuga ko yatangiye kugabanya umwimerere kuko yivanze n’ay’Ikivu

Baba abatanga serivisi zo kunonora imitsi muri aya mashyuza cyangwa abazikenera bavuga ko ayahuye n’iki kibazo ari ayajyaga afasha abafite amikoro make, ngo kuko ayandi ahari yo bisaba kwishyura kugira ngo uyaruhukiremo.

Aya yangiritse, yinjiwemo n’ikiyaga cya Kivu bityo asa nkaho yasibamye, none abayagana ntibakibona uburyo bayakoresha.

Umwe mu baturage twaganiriye unayaturiye yatubwiye ko ubu yangiritse ku buryo bugaragara.

Ati: "Amashyuza twayahuriragamo turi benshi, bayagize VIP (ay’abakomeye), bayaha abakire, ayarahari y’abagore aba ariyo bereke abandi abaturage muri rusange, noneho bitewe n’ubwinshi bw’abantu barayagura ikivu kinjira muri ayo mashyuza arasibama".

Akomeza agira ati: "Niba bishyuzaga aho twajyaga, nibatugurire imifuka dukore umuganda twitegere aho Ikivu kitarenga."

Kuri iki kibazo, umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yatangarije Mamaurwagasabo ko iki kibazo atari akizi, gusa yasabye abaturage gukoresha ayo atunganye, kuko batayahejweho nayo.

Ati: "Ntabwo hari ibiciro bihambaye, ni ibintu bifatwa nk’urwego rw’ubukerarugendo, kandi ntabwo baheza, nta muntu uhejwe kuhagera, ibyo numvishe by’ibyiciro mu bantu ntabwo ari ko byagenwe; ntabwo harimo ngo ahagenewe icyiciro runaka, nahagenewe icyindi cyiciro, ntabwo ariko biteganyijwe".

Avuga kuri ayo yangiritse, Mulindwa yasabye abaturage gukoresha aho hatunganyijwe kuko ari naho hemerewe gukoreshwa.

Amashyuza bisanzwe bizwi ko ari amazi ashyushye aturuka mu nda y’Isi, akaba aganwa n’abaturage batari bake kubera akamaro abafitye; hari abayifashisha mu buvuzi nko kuvura imitsi, hakaba n’abayakuraho akazi, muri serivisi bashobora gutanga bayifashishije.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru