Bamwe mu baturage bacururizaga mu isoko ryari ahitwaga ’Mpuzamahanga’ rikaza kwimurirwa i Kanembwe, mu murenge wa Rubavu, barinubira koherezwa kujya gucururiza mu muhanda naho h’amanekega.
Isoko bimuriwemo n’akarere ka Rubavu ni iricururizwamo ibicuruzwa bitandukanye birimo n’ibyo kurya ndetse n’imyenda yo kwambara, riganwa n’abaturage b’ingeri zitandukanye kandi batari bake.
Umwe muri bano bacuruzi akaba n’imwe mu batuye muri uno murenge wa Rubavu, avuga ko iri soko kuba riganwa n’umubare munini w’abaturage ryari rikwiye gushyirwa ahantu hisanzuye.
Yagize ati: "Ni benshi, ni mu muhanda nta n’ubwiherero, nkavuga ngo iri soko rifite abantu bangana gutya bafashe ahantu, bakariha ikibuga kinini bakaryubakira n’abandi bakora".
Undi muturage nawe ujya agana rino soko, abona bitewe n’imiterere y’aho rikorera hegeranye n’inzu z’abantu hateye impungenge, hashobora no gutera umutekano muke.
Yagize ati: "Ku Mpuzamahanga ko ari ho heza, niyo habaye ibi babazo ko nta nzu zakangirika, ariko iyo ruguru (aho riri ubu) batera amabuye, bakangiza n’inzu z’abantu".
Twashatse kumenya icyo ubuyobozi buvuga kuri iki kibazo, maze tuvugana na Harerimana Blaise, akaba ari umuyobozi w’umurenge wa Rubavu, aho iri soko ribarizwa, gusa avuga ko iri atari isoko, gusa ngo hari abantu bacuririzaga mu muhanda babazana hariya by’agateganyo, ngo bakaba bari gushakirwa ahantu heza ho gukorera.
Yagize ati: "Ni abantu bakorera mu muhanda, tubimurira hariya, ntabwo ari isoko, bagira amasaha bacuruza, ikindi gihe ntibabe bahari. Icyo nakubwira nuko atari isoko, ahubwo abantu bakozi icyitwa kubavana aho bari kuko hari habi. Turi kujya inama nabo n’ubuyobozi bwacu kugira ngo tuzabashakira ahantu bazakorera mu gihe, kiri imbere".
Akomeza agira ati: "Ariko icyo twavugaga ni ukugira ngo bave mu muhanda hariya rero hari ubutaka, n’ubuyobozi bwagaragaye ko bushobora kuba bubafasha mu gihe tugishakisha igisubizo kirambye, hanyuma tukaba tuhifashishije mu gihe tutarabona igisubizo".
Uyu muyobozi kandi yakomeje avuga ko hariya hitwa Mpuzamahanga ari ikibuga bakiniramo umupira, bityo bakaba barahimuye aba baturage mu rwego nanone rwo kwirinda akavuyo cyangwa se akajagari kashoboraga guturukayo.
Yanditswe na Eulade Mahirwe


















