Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Rubavu: Barinubira kwirukana abana kuko baje ku ishuri bambaye bodaboda ndetse nta masahani y’icyuma bazanye

Tuesday 16 September 2025
    Yasomwe na

Bamwe mu babyeyi barerera ku kigo cy’amashuri cyo ku Mubano wa Kane, giherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, baranenga icyemezo cy’iki kigo cyo kwirukana abana babaziza ko baje ku ishuri bambaye inkweto za bodaboda batanafite amasahani y’icyuma.


Abana birukanwe ku ishuri kubera kutambara inkweto zifunze.

Mu gihe abandi biga ku kigo kimwe, bari bakomeje amasomo nkuko bisanzwe, abanyeshuri batandau bo mu muryango umwe bo bisa nkaho bitaboroheye ngo babashe gukurikirana amasomo yabo kuri uyu wa Mbere, kuko bahise basubizwa mu rugo rugikubuta, kubera kuza ku ishuri bambaye inkweto za bodaboda mu gihe twamenye ko mu mabwiriza ari kuri kino kigo cyo ku Mubano wa Kane, harimo ko abanyeshuri basabawa cyangwa bategetswe, kuza bambaye inkweto zifunze.

Mu byo bazize kandi harimo kuba baje ku ishuri badafite amasahani y’icyuma. Aba bana uko ari batandau bakomoka mu muryango umwe, twamenye ko utishoboye, ku buryo kubasha kubabonera ibi basabwa kuri rino shuri bishoboka ko bitaboroheye.

Umwe mu babyeyi baharerera witwa Mukeshimana Bwiza, yagize ati"Bamwirukanye kuko yambaye bodaboda, mbona ari ikibazo bagakwiye gushaka ukuntu bagikosora, kuko ushobora kwambuka hariya ugasanga imodoka iramugonze cyangwa moto iramugonze, bakwiye kubivugurura nk’abayobozi b’ikigo, bakareba igisubizo cya nyacyo".


Mukeshimana Bwiza, urerera kuri kino kigo.

Yakomeje agira ati"Bagakwiye kwihangana ahubwo bagakangurira ababyeyi ko bakwiye kujya bambika abana inkweto, leta ikwiye kujya ibafasha batirukanye umwana".

Gasigwa Jean Baptiste, akaba Perezida w’ababyeyi barera kuri kino kigo, nubwo agaragaza akamaro ko kuza ku ishuri abana bambaye inkweto zifunze, ariko anenga icyemezo nk’iki cyo kubirukana kubaje batazambaye.

Ati"Abana ntabwo aribo twakwirukana oya, narimfite gahunda yo kuzaza guhamagaza ababyeyi badafite izi nkweto, nkahamagaza ababyeyi bakaza aha ngaha, nkababwira ko iterambere turi kwinjiramo, ntabwo ari iterambere ryo kwambara bodaboda, bodaboda bajya bazambarira mu rugo, ariko bajya ku ishuri bakazana inkweto zifunze, ariko ntabwo tubahaye uburenganzira bwo kwirukana abanyeshuri’’.

Nyuma yaho bimenyekaniye ndetse bikamenywa n’ubuyobozi mu Karere ka Rubavu, n’umunyamakuru akiri muri kino kigo, aba banyeshuri baje kugarurwa ku ishuri, basubizwa mu ishuri.

Mu mvugo ye, Ngizwenimana Thomas, Umuyobozi w’iri shuri, avuga ko batabirukanye ahubwo babatumye kubizana.


Ngizwenimana Thomas, umuyobozi w’iri shuri, avuga ko batabirukanye.

Ati"Ntabwo twirukanye abana, ariko mu nama twakoranye n’ababyeyi, twabasaba yuko bashakira abana udukweto dufunze, ku murongo twafashe mu nama y’ababyeyi mu rwego rwo guca plastique twemeza ko abana bajya barira ku masahani y’icyuma, ntabwo ari ukubirukana, wenda iyo mvugo yo kuvuga ngo ni ukubirukana, ntabwo ari ukubirukana ahubwo ni ukabatuma".

Ishimwe Pacifique umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y’abaturage, nawe anenga kino cyemezo, agasanga gishobora kuba imbarutso yo guta ishuri kuri bano bana.


Ishimwe Pacifique umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage

Yagize ati"Igihe cyose amabwiriza yose, ntabwo ashyirwa mu bikorwa navugango ku gahato, habaho na exception (umwihariko), ntabwo ababyeyi bose banganya ubushobozi, noneho ikindi cyagaragaye, bariya bana bavuka mu muryango umwe, ntabwo aba aribo birukanwa, hahamagazwa ababyeyi".

Hakunze kandi kunengwa ibigo by’amashuri bifata ibyemezo bihutiyeho bitarimo gushyira mu gaciro, byo kwirukana abanyeshuri ku ishuri ndetse bikaba byaba imbarutso mu kongera umubare w’abana bata ishuri ndetse no gukoma mu nkokora ireme ry’uburezi muri rusange.

Eulade Mahirwe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru