Bamwe mu baturage baherutse kurokoka no gusigwa iheruheru n’umugezi wa Sebeye mu karere ka Rubavu mu 2023 batangiye gusubira mu matongo bahozemo.
Ni abaturage bo mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu bavuga ko basubiye mu matongo mu nzu zabo zangijwe n’amazi kuko ubufasha bemerewe n’akarere babutegereje bakabubura.
Abatanguye gusubira mu matongo yabo bavuga ko amezi bakodesherejwe yarangiye bakabura ubwishyu. Basaba kuvanwa mu gihirahiro bakemererwa kubaka cyangwa bakabwirwa aho bazajya.
Kugeza ubu inzego zibishinzwe ntiziragira icyo zitangaza ku bufasha abo baturage babategerejeho nk’uko bavuga ko bari babwijejwe.
Ibiza byabaye bitewe no kuzura kw’umugezi wa Sebeya byateye imfu z’abantu bagera ku 130, hakomereka abandi bagera muri abo, hangirika inzu inzu z’abaturage n’ibindi bikorwa remezo bitandukanye.
Byatumye inzego za Leta zifata icyemezo cyo kwimura abasigaye abatishobiye muri bo bajyanwa gukodesherezwa mu bice bitandukanye abandi bajya gushaka amacumbi mu zindi nzu bagiraga ni mu bavandimwe.





















