Abanyamakuru bo karere k’ibiyaga bihari hamwe n’abakoresha imbuga nkoranyambaga biyemeje gukora inkuru zibanisha abaturage b’ibihugu bigize akarere, kuruta gukora inkuru zicamo abantu ibice.
Ni umuhigo wavuye mu biganiro byatangiwe mu nama yabereye mu karere ka Rusizi mu Majyepfo y’Iburengerazuba bw’u Rwanda, itangiza ubukangurambaga bwo ku kurwanya kurema ibice no guhanganisha abaturage batuye mu Karere k’Ibiyaga Bigari, hakoreshwa imvugo zihembera inzangano n’izikangurira abantu ubugizi bwa nabi nkuko zikunze kugaraga.
Iyi nama yateguwe n’Umuryango La Benevolencija, ihuza bamwe mu banyamakuru bo mu karere k’ibiyaga bigari n’abakozi b’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda, RIB ndetse n’abandi bashinzwe itangazamakuru n’itumanaho mu turere dukora ku Kivu.
Abanyamakuru bitabiriye iyi nama, bagaragazaje ko abanyamakuru bakwiye gukora inkuru zirinda gucamo ibice ababakurikira.
Ndamanisha Désire, ni umunyamakuru wa Itara Burundi witabiriye aya mahugurwa, yavuze ko umunyamakuru akwiye kuba ijisho ry’umuturage akamukorera hirindwa kubacamo ibice.
Ati: ”Nkuko tubizi, umunyamakuru ni ijisho rya rubanda, yakagombye kumukorera yirinda gucamo abanyagihugu".
Mukamana Laurence, umukozi ushinzwe itumanaho mu karere ka Rubavu, nawe asanga abanyamakuru bakwiye gukora inkuru zubaka abo bazigenera.
Ati: "Dukwiye gukora inkuru zigisha ku buryo Umurundi, Umunyarwanda cyangwa Umukongomani ayisoma ikamwubaka aho kugirango isenye, rero dukwiye kuba umuyoboro wubaka.”
Umuryango La Bonevolencija wateguye aya mahugurwa, ukaba ari umuryango uharanira amahoro mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Yanditswe na Eulade Mahirwe




















