Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Rusizi: Abaturiye uruganda rwa Cimerwa barasaba ko bakizwa intambi zikomeje kubasenyera

Wednesday 7 May 2025
    Yasomwe na

Abaturiye uruganda rukora sima rwa “CIMERWA”bo mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Rusizi bahangayikishijwe cyane n’intambi ziruturikirizwamo kuko byangiza inzu zabo, bagasaba ko bakwimurwa mu mbago zuru ruganda nkuko bari barabisezeranijwe.

Bamwe muri bo batangaza ko hashize igihe batakambira inzego zitandukanye basaba ko bakwimurwa bagahunga ingaruka mbi zituruka mu ruganda rwa Cimerwa zirimo no kwangirika kw’inzu zabo ariko barirengagijwe.

Inzu z’abaturiye uruganda rwa CIMERWA zarangiritse.

Musabyimana Rogati yagize ati "Hari igihe baturitsa amabuye agataruka akinjira mu nzu zacu, inzu zigatigita zikenda kutugwa hejuru. Nk’ibibambasi by’inzu, iby’igikoni byose byamaze kujegera".

Inyubako z’uruganda rutunganya Sima rwa CIMERWA.

Bakomeza bavuga ko kugeza ubu basa nk’abatagifite ijambo ku mitungo yabo nyuma yuko bemerewe guhabwa ingurane z’ibyabo bikomeje kwangirika kuko iyo bashatse gusana ibyangiritse babibuzwa bityo bagasaba ko iki kibazo cyakurikiranywa bakabona agahenge ndetse bagahabwa ingurane ihwanye n’imitungo yabo.

Ntawuryimana Beatrice ati " Iyo dushatse gusana inzu yenda kutugwa hejuru baratubuza bityo rero tukibaza uzaza kuturenganura, ubuyobozi budufashe butwumve, mutubwirire umubyeyi wacu Perezida Paul Kagame ahora atwumva akadukemurira ibibazo.”

Usibye kuba intambi zituritswa zangiza inzu z’abaturage , bamwe mu batuye hafi y’uruganda rwa CIMERWA banavuga ko ziteza ingaruka mbi ababyeyi batwite kuko bamwe bakuramo inda kubera umutingito uterwa nazo.

Tuyishime onesme ati" Nubwo inzu dutuyemo zangizwa n’izo ntambi hari n’igihe usanga ababyeyi batwite bo muri aka gace bakuyemo inda bitewe n’umutingito wazo".

Zimwe mu nyubako z’abaturanye na CIMERWA zimaze kwangirika kubera intambi zituritswa.

Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe iterambere tu’ ubukungu, Habimana Alfred kuri iki kibazo cy’abaturage basaba kwimurwa aho batuye kubera kubangamirwa n’uruganda ku murongo wa telefoni, yatangarije BTN ko ikibazo bakizi kandi kiri gushakirwa umurongo.

Ati” Ni ikibazo kimaze igihe kandi cyaganiriwe n’inzego zitandukanye ku buryo imiryango ituriye ruriya ruganda rwa Cimerwa igomba kwimurwa yamaze kubarurwa, hari kurebwa uko hafatwa icyemezo gikwiye kugirango abaturage batekane ndetse n’uruganda rukomeze gukora".

Sitio Ndoli

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru