Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (DGPR), rimaze iminsi mu bikorwa byo gushyiraho abayobozi bahagarariye abandi muri buri Karere, ari nako abarwanashyaka baryo bakomeza guhabwa amahugurwa yabafasha mu kwiteza imbere, ari nako banarengera ibidukikije.
Mu karere ka Rusizi mu ntara y’Iburengerazuba, ubwo hasozwaga amahugurwa, Hon. Alexis Mugisha Komiseri Mukuru w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda - DGPR), yavuze ko mu gihe hari abanyamuryango bagize ibikorwa bakora bifasha ishyaka, ko batazajya batereranwa ahubwo ko bazajya bafashwa.
Komiseri yagize ati"muby’ukuri gahunda yacu tugamije ko igera mu gihugu hose, ntabwo dutoranya Intara imwe ngo dusige indi, bityo rero Intara yagaragaje abarwanashyaka benshi, ikigaragaza abarwanashyaka bafite ubwitange mu guteza imbere ibikorwa by’ishyaka, n’ishyaka rishyiramo imbaraga kugira ngo ribakomeze mubyo barimo gukora kugirango bere gusubira inyuma, ari nako ishyaka rireba no mu zindi ntara rishakisha uburyo ryazamura abarwanashyaka bahabonetse, bakongera umubare ari nako bongera ibikorwa byo kwiteza imbere".
Uyu muyobozi kandi yavuze ko mu rwego rwo guharanira iterambere ry’abanyarwanda, ko ubu bagiye gukorera ubuvugizi abaganga umushahara wabo ukiyongera.
Hon. Alex MUGISHA yagize ati"ubu duhangayikishijwe n’imibereho y’abaganga by’umwihariko abaforomo n’abaforomokazi, ishyaka rigiye kubakorera ubuvugizi, kugirango umushahara babonaga wiyongere".
Iri shyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije, rivuga ko kubera ubwiyongere bw’abarwanashyaka ko biteguye kuzabona amajwi aruta ayabonekaga mu matora ataha.
Kuri ubu mu karere ka Rusizi niho hasorejwe amahugurwa yahabwaga abarwanashyaka, aho byahuriranaga no gutora abayobozi bahagarariye abandi.




















