Yanditswe na Ntakirutimana Alfred
Abaturage b’akagari ka Kamurera ko mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi, baravuga ko imyaka igiye kuba itatu batorohewe no kubona serivisi zo ku kagari nyuma y’aho ibiro byako bivanywe aho byahoze.
Ibiro by’ako kagari ka Kamurera byimuwe kubera umunuko yuva mu ibagiro rya Kamembe rituranye n’ibiro by’akagari byabangamiraga abahaganaga.
Ubu abayobozi b’akagari barakorera mu nyubako y’umurenge, uri mu bilometero nibura 4 uvuye aho akagari kari kubatse.
Abaturage by’umwihariko abari mu mbago z’aho kari kubatse bavuga ko serivisi z’akagari zabagiye kure cyane, ubu bakaba bamaze iyo myaka hafi 3 basa n’abasiragira bajya aho akagari kimukiye.
Impu ziva mu ibagiro ziba zifite impumuro mbi iyo zitaruma
Ubuyobozi bw’akagari bwo buvuga ko mu gihe butegereje guhabwa ikibanza kindi bukora uko bushoboye bukabasanga iwabo mu midugudu kugira ngo badakora ingengo bajya iyo akagari kimukiye.
























