Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Rusizi: Akagari kimuwe n’ibagiro

Wednesday 10 May 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Ntakirutimana Alfred

Abaturage b’akagari ka Kamurera ko mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi, baravuga ko imyaka igiye kuba itatu batorohewe no kubona serivisi zo ku kagari nyuma y’aho ibiro byako bivanywe aho byahoze.

Ibiro by’ako kagari ka Kamurera byimuwe kubera umunuko yuva mu ibagiro rya Kamembe rituranye n’ibiro by’akagari byabangamiraga abahaganaga.

Ubu abayobozi b’akagari barakorera mu nyubako y’umurenge, uri mu bilometero nibura 4 uvuye aho akagari kari kubatse.

Abaturage by’umwihariko abari mu mbago z’aho kari kubatse bavuga ko serivisi z’akagari zabagiye kure cyane, ubu bakaba bamaze iyo myaka hafi 3 basa n’abasiragira bajya aho akagari kimukiye.

Impu ziva mu ibagiro ziba zifite impumuro mbi iyo zitaruma

Ubuyobozi bw’akagari bwo buvuga ko mu gihe butegereje guhabwa ikibanza kindi bukora uko bushoboye bukabasanga iwabo mu midugudu kugira ngo badakora ingengo bajya iyo akagari kimukiye.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru