Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Rusizi: Umudemobe bamusanze mu nzu yapfuye

Monday 3 February 2025
    Yasomwe na

Rubagumya Pacome, wahoze mu ngabo z’igihugu uri mu kigero cy’myaka 54 bamusanze yapfuye mu nzu yabagamo.

Uyu musaza yari asanzwe atuye mu mudugudu wa Kamubaji, Akagari ka Ruganda mu murenge wa kamembe ari naho bamusanze yashizemo umwuka.

Ibi byamenyekanye mu masaha ya saa yine zo kuri uyu iki cyumweru tariki ya 02 Gashyantare 2025 aho nyakwigendera yaguye.

Umwe mu baturage baturanye na nyakwakwigendera mu mudugudu yabwiye Mama U Rwagasabo ko "Twabonye bigeze saa yine atarabyuka, turakomanga, ntiyafungura, turebye mu kirahure dusanga araryamye, twishe urugi dusanga yapfuye."

Ingabire Joyeux, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kamembe yemeje aya makuru.

Yagize ati: "Nibwo tukihagera, abaturanyi be batubwiye ko bamukomangiye ntuyafungura, maze basanga yitabye Imana"

Umurambo wa nyakwigendera wajyanwe ku bitaro bya Gihundwe ngo ukorerwe isuzuma.

Yari asanzwe akora akazi k’irondo nta kindi kibazo agaragaza cyaherwaho hakekwa icyamwishe.
Yanditswe na Sitio Ndori

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru