Rubagumya Pacome, wahoze mu ngabo z’igihugu uri mu kigero cy’myaka 54 bamusanze yapfuye mu nzu yabagamo.
Uyu musaza yari asanzwe atuye mu mudugudu wa Kamubaji, Akagari ka Ruganda mu murenge wa kamembe ari naho bamusanze yashizemo umwuka.
Ibi byamenyekanye mu masaha ya saa yine zo kuri uyu iki cyumweru tariki ya 02 Gashyantare 2025 aho nyakwigendera yaguye.
Umwe mu baturage baturanye na nyakwakwigendera mu mudugudu yabwiye Mama U Rwagasabo ko "Twabonye bigeze saa yine atarabyuka, turakomanga, ntiyafungura, turebye mu kirahure dusanga araryamye, twishe urugi dusanga yapfuye."
Ingabire Joyeux, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kamembe yemeje aya makuru.
Yagize ati: "Nibwo tukihagera, abaturanyi be batubwiye ko bamukomangiye ntuyafungura, maze basanga yitabye Imana"
Umurambo wa nyakwigendera wajyanwe ku bitaro bya Gihundwe ngo ukorerwe isuzuma.
Yari asanzwe akora akazi k’irondo nta kindi kibazo agaragaza cyaherwaho hakekwa icyamwishe.
Yanditswe na Sitio Ndori


















