Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Rusizi:Umukobwa wiga muri Pirimeri atwite inda y’amezi 3 kubera ibihumbi ijana

Monday 4 June 2018
    Yasomwe na

Umwana w’umukobwa wigaga mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza wo mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi kuri ubu atwite inda y’amezi atatu yatewe n’umusore wamushukishije igiceri cy’amafaranga ijana y’u Rwanda ,ubuyobozi bw’aka karere butangaza ko bugiye gufasha uyu mwana dore ko yanataye ishuri.

Uyu mwana twahinduriye amazina tukamwita "Claudine" avuga ko yatewe inda n’umusore w’imyaka 23 amushukishije igiceri cy’amafaranga ijana,yigaga mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza,ku kigo cya Ryankana ni mu kagari ka Ryankana umurenge wa Bugarama ho mu karere ka Rusizi,kuri ubu iyi nda uyu mwana atwite ifite amezi 3 nkuko byemejwe n’abaganga ubwo ababyeyi be baheruka kujya kumupimisha mu bitaro bya Mibirizi.

Nyina wa Claudine avuga ko umwana we yatangiye ishuri atinze kubera ikibazo cy’amikoro bityo bituma atangira ishuri afite imyaka 13 aza guterwa inda ageze mu wa kabiri agejeje imyaka 15 y’amavuko. Uyu mubyeyi akomeza avuga ko kubera guhora abyuka ajya gushaka amaramuko ngo atigeze amenya ko umwana we atwite gusa ngo yagiye abyumvana abaturanyi nyuma ni bwo yaje kumubaza umwana amubwira ko hari umusore wamusambanyije nyuma biza kwemezwa n’abaganga nyuma yo kumusuzuma.

Nyina w’uyu mwana wahawe izina rya Claudine yabwite TV1 dukesha iyi nkuru ko ko yahise abimenyesha inzego z’ubuyobozi ariko ababyeyi b’umusore wasambanyije uwo mwana baza ku musaba ko bagirana ibiganiro maze bakazinzika ibyabaye mu rwego rwo kurengera umuhungu wabo ngo adafungwa.

Umuyobozi w’ikigo cy’amashuri cya Ryankana aho uyu mwana w’umukobwa yigaga yaboneyeho kunenga ababyeyi benshi bakunze kwihugikanwa n’ababa babangirije abana bakabasaba ko ibyabaye byagirwa ibanga maze bakabaha impongano bityo wa mwana wahohotewe akavutswa uburenganzira bwo guhabwa ubutabera bukwiriye.

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Nsigaye Emmanuel atangaza ko iyo umubyeyi umwana we yahohotewe maze uwamuhohoteye akamwihererana icyaha bakakizinzika ngo iyo bimenyekanye uyu mubyeyi amategeko amuhana nk’uwakoze ubufatanyacyaha,naho ku cyo gufasha Claudine uyu muyobozi yavuze ko bagiye kumujyana ku kigo gishinzwe gufasha abahohotewe kizwi nka "Isange One stop center " kugira ngo abashe kwitabwaho ndetse banamufashe mu buryo bw’amategeko kugira ngo uwamuteye iyo nda azabiryozwe.

Imibare itangwa n’ubuyobozi bw’aka karere ka Rusizi igaragaza ko kuva uyu mwaka wa 2018 watangira abana 156 bari munsi y’imyaka 18 bamaze guterwa inda z’imburagihe. Mu mwaka 2016 minsiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango yatangaje ko abana basaga ibihumbi cumi na birindwi na magana atanu aribo batewe bene izo nda bikabaviramo guta amashuri.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru