Mu murenge wa Mururu mu akarere ka Rusizi haravugwa urupfu rw’uumukobwa wapfuye bigakekwa ko yiyahuye nyuma yo kumenya ko atwite kandi inda yatewe n’umugabo ufite urundi rugo.
Amakuru ikinyamakuru mamaurwagasabo cyamenye ni uko uyu mukobwa yari atwitwe, gusa ubuyobozi bw’uyu murenge bwo butangaza ko butahita buhamya niba koko yari atwite,
Gitifu w’uyu murenge yagize ati: "Nta gihamya ko atwite".
Hari andi makuru avuga ko uyu nyakwigendera witwaga Kwubwimana Helene wi’imyaka 20 yari afitanye amakimbirane na nyina umubyara bigakekwa ko bapfaga ko uyu mukobwa yatewe inda, ubuyobozi bw’uyu murenge buvuga ko uyu mubyeyi ari mubatawe muri yombi mugihe iperereza rigikomeje.
Gitifu yakomeje agira ati: "Ntawahamya neza uko yapfuye kuko iperereza rirakomeje na Maman we arafunze": Gitifu James aganira na mamaurwagasabo.
Mu butumwa bwahererekanyijwe hagati y’abayobozi bwahamyaga ko uyu mukobwa yiyahuye ndetse mu makuru y’ibanze uyu na nyina bakomoka mu Karere ka Huye umurenge wa Mukura bakaba bari bimukiye aha mu murenge wa Mururu mugihe cya vuba.
Turacyakurikirana andi makuru mpamo y’iyi nkuru.


















