Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Rutsiro:Amatiyo yangirijwe mu ikorwa ry’umuhanda ntarasanwa

Wednesday 14 May 2025
    Yasomwe na

Hari bamwe mu baturage batuye mu Kagari ka Murambi, mu Murenge wa Musasa w’AKarere ka Rutsiro, bavuga ko bamaze igihe kigera ku mwaka barabuze amazi, aba baturage bagaragaza ko impamvu ibitera ari ukubera haciwe amatiyo yabagezagaho amazi, mu bikorwa byo gukora umuhanda Nkomero-Musasa.


Aba baturage bagaragaza ko kubera kubura amazi meza byatumye basigaye bavoma ibirohwa akaba ariho bahera basaba ko bahabwa amazi meza.


Ngendahimana avuga ko bavoma kure.

Ngendahimana Gérard, ni umwe muri aba baturage bafite iki kibazo
Yagize ati”Tujya ahantu kure hitwa munsi y’ishyamba hirya niho tuvoma, bakunda kuhita ngo ni Mukivuzanduru.Barawukoze umuhanda ni byiza cyane bashyiramo na rigore,ariko ntago bagiye bashyiramo ya matiyo ngo bayubakireho noneho tubone uko tuzabona amazi".


Ibi kandi bishimangirwa n’undi muturage witwa Iyakaremye Emmanuel, avuga baciye rigore zabagezagaho amazi none ubu bari mu bwigunge.


Amavomo yarakamye.

Ati"kompanyi yaraje noneho irangije imaze gukora umuhamda yica ya matiyo imaze guca amatiyo, twe twatunguwe nta n’inzira nimwe bigeze bashyira mu muhanda, mu kubaka umuhamda no gukora amarigore izacamo ya matiyo nanone agarura amazi yacu ubwo rero ni ikibazo twumva twabaza".


Aba baturage bagaraza ingaruka bibagiraho kuba ubu batakibona amazi meza hafi yabo, bagasaba gukorerwa ubuvugizi, kugira ngo iki kibazo gikemurwe babashe kongera kubona amazi meza, nkuko bishimangirwa na Mukeshimana Déogene nawe uvuga ko ari mu bafite iki kibazo.


Ati”Hari abaturage twari twishyize hanwe twikururira amazi, tuyakuye ku ivomero rusange, ubwo dushyiramo amafaranga menshi tuza kubura amazi, tukibaza se amafaranga twatanze yacu yapfuye iki…?..None ubungubu ni ukujya kuzana ibirohwa akaba ari byo tunywa, amazi ashoka hasi, ashoka mu migenda, akaba ari yo tunywa.”


Twashatse kumenya icyo ubuyobozi buvuga kuri iki kibazo mu Karere ka Rutsiro, maze tuvugisha Uwizeyimana Emmanuel, Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro w’Ungirije Ushinzwe iterambere ry’ubukungu atubwira ko iki kibazo nk’ubuyobozi bukizi, gusa hari n’ingamba zo kugikemura.

Yagize ati" Ni ikibazo tuzi, ni ikibazo turi gukurikirana, dukorana niyo kompanyi iri gukora umuhanda, ndetse dukorana n’abashinzwe amazi, nkaba rero by’umwihariko ako Kagari ka Murambi aho wenda njye nahaherukuraga icyo kibazo ntabwo bari bakimbwiye, nkaba nabasezeranya ko ubwo nkuko nk’ahandi twabikoze, abaturage bakabona amazi naho tugiye kuhashyira imbaraga kugirango bongere bavome nkuko byari bisanzwe".


Visi Meya Uwizeyimana Emmanuel avuga ko bagiye kubikurikirana.

Uyu muhanda uri gukorwa ukaba uturuka mu Isanteri ya Nkomero, ugakomeza ukanyura muri uyu Murenge wa Musasa.

Mahirwe Eulade

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru