Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro ntibiyumvisha ukuntu hari gukorwa umuhanda umwe igitaka kiwuvuyemo kikajya gusenya undi uri hepfo yawo Ubuyobozi bubireba ntibugire icyo bubikoraho.
Umuhanda urimo gukorwa ni uva mu isantere ya Nkomero ujya mu murenge wa Boneza, hakaba hari undi nawe utegerejwe gukorwa uturuka muri iyo santeri werekeza ku biro by’umurenge wa Musasa ariko imirimo yo kuwukora ikiba itaratangira.
Mu gukora uwo muhanda uva mu isantere ya Nkomero ibitaka bivamo byangije umuhanda wo munsi yawo ariko aaturage bakaba babona biza kurushaho ubwo uyu wundi watangiye gukorwa.
Umwe mu baturage bakoresha uyu muhanda, witwa Iyakaremye Emmanuel yavuze ko kubera iki kibazo, byurije ibiciro ku bakoresha uyu muhanda.
Ati: "Niyo mpamvu nakubwiye ngo ibiciro byo kuva mu Nkomero bigera inaha byaruriye cyane, bakagombye gufata cya gitaka bagahita bagihurizemo, bagakora gakeya bakarangiza ubundi bagakomeza n’ahandi. Ibicuruzwa turabizana bikagwamo, imodoka zikagwamo; abantu dutuye muri kano gace mbese tumeze nkabafungiwe urukuta".
Uyu yakomeje asaba inzego ibi bireba gukurikira iki kibazo, bityo nko mu gihe imvura iguye hakajya hagabanywa icyondo kiza kwangiza uyu muhanda.
Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa yavuze ko ahanini byaturutse ku mvura nyinshi, ariko hasabwe ko hacukurwa imiferege mu kwirinda iki kibazo.
Ati: "Icyo twasabye nuko haba hacibwa imiferege imanura amazi neza bidasandaye mu baturage, ikindi kibazo cyabayeho nuko habaye imvura nyinshi cyane, bituma uwo muhanda wangiza uwo hepfo, ikipe ya tekinike yarahasuye kandi hari ibyo twumvikanyeho na RTDA ku buryo byatangira gukumirwa hakiri kare tutarinze iyo rwose twangiza n’umuhanda wacu".
Umurenge wa Musasa nk’umwe mu mirenge igize akarere ka Rutsiro, ufite imihanda myinshi idatunganyijwe neza, bityo akaba ari ikibazo gikoma mu nkokora iterambere ry’abaturage bahatuye mu bijaynye n’ubwikorezi n’ubuhahirane n’utundi duce byegeranye.





















