Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Rutsiro: Batewe impungenge n’umusaza uhigira kwicana n’uwo avuga ko yamutwariye isambu

Tuesday 25 February 2025
    Yasomwe na


Hari bamwe mu baturage batuye mu Kagari ka Mburamazi mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko batewe impungenge n’umusaza Habumugisha Kayitani, ukunze kuvuga ko azicana n’umuturage avuga ko yamunyaze isambuye ye.

Ni ibintu uyu musaza nawe yasubiriyemo Umunyamakuru wa Mamaurwagasabo TV ubwo yageraga aho atuye ngo amubaze ibimuvugwaho, cyane ko atari ikintu cyo guhishirwa.

Intandaro y’ikibazo Muzehe Habumugisha avuga afitanye n’uwo mwarimu yaje ubwo mwarimu yaguraga akazu (inzu yise nto) ya murumuna we ubwo yari avuze za Kigali akaza kuharwarire bakagira ibyago agapfa.

Muzehe Habumugisha avuga ko uwo mwarimu yarengereye imbibi yaguze atwariramo n’ubutaka bwe none akaba asaba inzego ko zabakiranura hatabaye kubogama.

Habumugisha yavuze ko ikibazo afitanye n’uwo muntu ubuyobozi bukirebera, yabaregera ntibaze ngo babakiranure, akabashinja ko babimukorera kuko umurenganya amurusha ubushobozi.

Yagize ati: "Abayobozi ntibatuburanisha, bandika ibintu byo kurimanganya gusa ngo nuko ndi umukene, undi nuko ari umwarimu ufite amafaranga. Andusha amafaranga nyine, njye naravuze ngo ibi birananiranye ngiye kujya ku Itosho, ku Kibuye (ubu aha ni karongi), njye kubwira Umukuru w’Intara ikibazo cyanjye".

Ntabwo isambu yanjye yagenda ngo ihere tuticanye.

Yakomeje agira ati: "Ejo tutazicana, kuko ibyo kwicana birimo, ntabwo nakubeshya, njye naba bari gutera, ntabwo isambu yanjye yagenda ngo ihere tuticanye".

Iki kubanza nicyo Habumugisha avuga ko atazemera ko kigenda areba

Ibi kandi bivugwa n’uyu musaza Kayitani, byemezwa n’umuturanyi we witwa Nyirasengimana Patricie, agaragaza impungenge zituruka kuri aya magambo y’uyu musaza.

Yagize ati: "Ariya makimbirane njyewe mbona bazicana nukuri; kuko buri munsi iyo yasomye ku icupa aba ari kubyigamba, ndabona bizatinda n’ubundi akabirangiza.

Uyu mutaranyi wa Muzehe Kayitani abona hakwiye ko ubuyobozi bwakemura kino kibazo mu maguru mashya, bataricina, nkuko uyu musaza abyivugira.

Gusa hari abaturage bagaragaza ko ibi Habumugisha Kayitani aburana by’iyi sambu ko ari amahugu, bavuga ko iyi sambu bayigurishije nk’umuryango, nawe amafaranga ayigurishijweho akayabonaho.

Ibi kandi bigashimangirwa n’abarimo murumuna we. Agira ati: "Yarahari ubwe, yumvikana nk’umuryango, undi azakugura iyo sambu ye".

Sibomana Velonika, nawe ni undi muturanyi we, ndetse nawe akaba uwo mu muryango wa Kayitani, agaragaza ko iyi sambu yagurushjjwe, uyu musaza abizi, akanabigiramo uruhare nk’umwe mu bagize uyu muryango wabo.

Yagize ati: "Uriya murima wenda bamurengereye mu rubibi, uriya murima twarawugurishije, nanjye nayariyeho amafaranga kandi twese twarayagabanye nawe yayagabanyeho".

Twashatse kumenya icyo Ubuyobozi muri uno Murenge wa Murunda buvuga kuri kino kibazo, maze duhamagara kuri telefone Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murunda, Mukamana Jeanette, icyakora yatubwiye ko iki kibazo atakizi, gusa nk’ubuyobozi bugiye kugikurikirana.

Yagize ati: "Icyo kibazo ntabwo narisanzwe nkizi, icyo tugiye gukora ni ukibikurikirana, tukareba ko icyo kintu cyaba gihari, kuko niba abavandimwe be bemera ko bayigurishije birumvikana uwaguze afite uburenganzira kucyo yaguze nkuko n’ubundi urukiko rwabyemeje".

"Icyabaho wenda kwaba ari ugukurikirana Kayitani ugaragaza ko ashobora kuzagira ibikorwa bitari byiza kuri mugenzi we".

Yanditswe na Eulade Mahirwe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru