Padiri Fidèle de Charles Ntiyamira wakoreraga muri Diyosezi ya Byumba, yasezeye ku nshingano ze za Gisaseridoti n’izindi bifitanye isano avuga ko agiye gushinga urugo.
Ibaruwa y’ubwegure bwe yandikiwe Musenyeri wa Diyosezi ya Byuma, akoreramo, Nzakamwita Servilien, ku wa 18 Nyakanga 2021, wari umushinzwe kuva mu 2008.
Gusa bigaragara ko ashobora kuba atari mu Rwanda kubera ko yakoresheje aderesi zo mu Budage.
Padiri Ntiyamira yavuze ko yafashe icyemezo cyo kwegura nyuma yo kubitekerezaho byimbitse ndetse akagisha inama umuryango we n’abapadiri bagenzi be.
Uyu musaseridoti yavuze ko azakomeza gukorera Imana n’umuryango wayo nk’umulayiki ariko yarashatse umugore, asaba Musenyeri kumworohereza gushyira mu bikorwa umushinga we wo gushinga umuryango.
Yakomeje avuga ko amaso ye azakomeza kuyahanga kiliziya mu gihe cyose izamuha amahirwe yo gukomeza kuyikorera yifashishije ubumenyi bushingiye kuri tewolojiya ayikesha nk’abandi.



















