Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

TWE ABAYOBOZI NTITUZAHORAHO, ARIKO IBIHUGU BYACU BIZATURANA ITEKA –TSHISEKEDI

Wednesday 27 March 2019
    Yasomwe na

Yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo
Perezida Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yavugiye i Kigali mu Rwanda ijambo rikomeye akebura abakuru b’ibihugu by’umwihariko n’abandi bayobozi muri rusange, ko bagomba kwirinda ibyatuma ibihugu byabo bitabana neza, kuko bazabisiga nyamara byo bigakomeza guturana iteka.

Ibi Perezida Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo yabivuze mu nama mpuzamahanga yiswe CEOs Forum, mu kiganiro yayoboranye na Mugenzi we Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Ubwo yabazwaga uko abona ikibazo kiri hagati y’u Rwanda na Uganda, mu magambo ye, Perezida Felix Tshisekedi yagize ati: “Ibihugu byacu bizahora iteka bituranye. Twe nk’abayobozi bakuru tuzagira tugende, ariko ibihugu byacu n’abaturage babyo bazahorana iteka. Kurwana, kwangana no gushyigikira imitwe irwanya ibindi bihugu ni ukwangiza umwanya wagakozwemo ibyateza ibihugu byacu imbere”

Hashize iminsi mike Perezida Felix Tshisekedi afashe gahunda yo gusura ibihugu byose bikikije icyo ayobora, ibyo bihugu bikikije Repubulika ya Demokarasi ya Congo ni Uganda, u Rwanda, u Burundi, Tanzania, Congo-Brazaville, Centrafrika, Angola, Zambia na Sudani y’Epfo. Kuba akubutse muri Uganda byatumye abazwa niba mu biganiro byihariye yagiranye na ba Perezida bombi Museveni na Kagame ataragarutse ku kibazo cy’ubwumvikane bucye hagati y’ibihugu byombi, yavuze ko atari kubura kubivugaho ariko ko ibyo bavuganye ntacyo yabitangazaho ubu kuko atari umwanya mwiza wo kubitangaza.

Mu bijyanye n’umubano hagati ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, Perezida Tshisekedi yijeje Perezida Paul Kagame ko nta kibi kizigera kiva mu gihugu cye kigana mu Rwanda.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru