Tuesday . 17 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Mu rwego rwo gutanga gasopo Koreya ya ruguru yarashe ibisasu birenga 100

Monday 5 December 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Nimugire Fidelia

Koreya ya ruguru yavuze ko yarashe ibisasu bya rutura birenga 130 mu Nyanja ku nkombe z’Iburasirazuba n’Iburengerazuba, kuri uyu mwa mbere , ibi byabaye nyuma ngo yo kubona imyitozo ya gisirikare hakurya y’umupaka mu Majyepfo.

Bimwe mu bisasu byaguye hafi y’umupaka w’inyanja, mu byo Seoul yavuze ko ari ukurenga ku masezerano hagati ya Koreya zombie yo mu 2018 agamije kugabanya amakimbirane.

Minisiteri y’ingabo mu itangazo ryayo yatangaje ko igisirikare cya Koreya y’Epfo cyohereje mu Majyaruguru ubutumwa bwinshi bwo kuburira.

Amakuru dukesha Bwiza, avuga ko umuvugizi w’ubuyobozi bukuru bw’ingabo za Koreya yatangaje ko ingabo za Koreya ya ruguru zarashe nyuma yo kubona ibisasu byinshi byarashwe n’Amajyepfo hafi y’umupaka uhuriweho.

Umuvugizi utavuzwe amazina yagize ati: “umwanzi agomba guhita ahagarika ibikorwa bya gisirikare bitera amakimbirane mu turere twegereye umurongo w’imbere aho gucunga umutekano hakoreshejwe camera bishoboka. Turaburira cyane umwanzi kudakurura amakimbirane nadakenewe ku murongo w’imbere.”

Kuri uyu wa mbere, Koreya y’Epfo na Amerika byakoraga imyitozo ihuriweho hafi y’umupaka mu ntara ya Cheorwon rwagati mu mwigimbakirwa. Imyitozo yabo izakomeza ku wa kabiri.

Uyu mwaka, ibi bihugu byongereye ingufu mu myitozo ya gisirikare ihuriweho, bivuga ko ari ngombwa gukumira amajyaruguru afite intwaro za kirimbuzi, yasubukuye igeragezwa rya misile zo mu bwoko bwa ballistique zambukiranye imigabane ku nshuro ya mbere kuva mu 2017, ikaba yiteguyra no kongera kugerageza ibisasu bya kirimbuzi.

Koreya ya ruguru yanenze imyitozo ihuriweho ivuga ko ari ikimenyetso cya politiki mbi ya Washinton na Seoul.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru