Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Tanzania: Perezida yashyizeho amasengesho yo gushima Imana mu gihe cy’imnsi 3 kubera kugabanuka kwa korona

Friday 22 May 2020
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre

Uyu munsi Abanyatanzania batangiye igihe cy’iminsi itatu yo gushimira Imana nyuma yaho Perezida John Magufuli atangarije ko ubwandu bwa Covid-19 bwagabanutse mu gihugu.

Perezida Magufuli yashishikarije abaturage gukoresha iki gihe bagashimira Imana kubera ukuntu yarwanyije iki cyorezo, avuga ko ibi ari ingenzi mu gufasha Tanzania kwirinda coronavirus.

Hashize hafi ibyumweru bitatu iki gihugu gihagaritse gutangaza amakuru mashya ya buri munsi ajyanye n’umubare w’abanduye.

Byatumye hibazwa byinshi ku ishusho nyakuri y’uko iki cyorezo gihagaze muri iki gihugu.

Iyi ni indi nshuro Bwana Magufuli asabye abaturage ba Tanzania gusenga iminsi itatu, uhereye ku wa gatanu kugeza ku cyumweru.

Kuri iyi nshuro avuga ko ari uburyo bwo kwereka Imana ko bashima icyo yavuze ko ari igabanuka ry’umubare w’abanduye Covid-19 mu gihugu.

Abayobozii b’inzego z’ibanze - nk’urugero umukuru w’akerere k’umujyi wa Dar es Salaam - banasabye abantu ko ku cyumweru bazitabira igikorwa cyo kwishimira irangira rya coronavirus.

Iyo gahunda yo guhura igaragara nk’irenga ku mabwiriza y’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) abuza kwegerana mu rwego rwo kwirinda kwiyongera k’ubwandu bwa coronavirus.

Muri iki cyumweru, leta ya Tanzania yatangaje ko izongera gufungura amashuri amwe n’amwe ndetse ko n’ibikorwa by’imikino bigiye gusubukurwa.

Leta ya Tanzania yanatangaje ko guhera mu cyumweru gitaha izemerera abagenzi baturutse mu mahanga kwinjira mu gihugu.

Depite Zitto Kabwe utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzania, yanenze izo ngamba za leta avuga ko atari ukuri ko imibare ya Covid-19 iri kugabanuka mu gihugu.

Mu ntangiriro y’uku kwezi kwa gatanu, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zatangaje ko leta ya Tanzania ahanini itangaza imibare iri hasi cyane y’ubwandu bwa coronavirus.

Hashize hafi ibyumweru bitatu abategetsi ba Tanzania badatangaza imibare mishya y’ubwandu bwa coronavirus.

Source/BBC

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru