Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Guverinoma ya Tanzania yatangaje ko igiye gukingira indwara y’ibisazi imbwa zisaga 60 000 hirya no hino mu gihugu mu rwego rwo kwizihiza umunsi wahariwe iyo ndwara uba tariki 28 Nzeri.
Ni ibikorwa Guverinoma ya Tanzania ivuga ko bizatangira kuri uyu wa Gatatu bikazamara icyumweru kimwe.
Minisitiri w’ubworozi, Mashimba Ndaki, yatangaje ko gukingira indwara y’ibisazi mu mbwa biri muri gahunda ya Guverinoma, kuko bashaka ko biba byaranduwe bitarenze umwaka wa 2030.
Guverinoma ya Tanzania ivuga kandi ko nibura abantu 1500 bicwa n’imbwa buri mwaka bitewe n’ibisazi by’imbwa.





















