Mutungirehe Samuel
Reta ya Tanzania yatangaje ko hakuweho itegeko ryari rimaze imyaka 19 ribuza abana b’abakobwa basamye inda gusubira ku ishuri.
Itegeko ryavugaga ko umukobwa wiga mu mashuri abanza n’ayisumbuye igihe bigaragaye ko yasamye inda ahita yirukanwa burundu ku ishuri.
Mu kiganiro n’abanyamakuru ejo ku wa gatatu mu Murwa Mukuru Dodoma, Minisitiri w’uburezi, Prof Joyce Ndalichako yatangaje ko abanyeshure bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye birukanywe ku ishuri kubera impamvu zitandukanye, zirimo no gusama inda bakiri ku ntebe y’ishuri bagiye kwemererwa kurisubiramo.
Bivugwa ko iri tegeko byageze ku buyobozi bwa Nyakwigendera Perezida Magufuli uherutse kwitaba Imana ararishimangira, abangavu batagira umubare batakaza ishuri igitaraganya.
Perezida John Pombe Magufuli yari yashimangiye iri tegeko ryari ryemejwe ubwa mbere mu 2002, rikaba ryategeka ko abanyeshure b’abakobwa batwaye inda bahita birukanwa.
Iri tegeko ryavuga ko aba bakobwa birukanwa kandi bagahita bakwa uburenganzira ubwo ari bwo bwose bwo gusubira kw’ishuri ku "byaha byo kutagira uburere" hamwe no "kwitwara nk’abubatse".
Amashyirahamwe aharanira uburenganzira bw’abagore yari amaze igihe kirekire asaba ko iri tegeko rihinduka.
Magufuli yavuga ko "umaze gutwara inda, ibye biba birangiye".
Mu kwa gatandatu 2017, yatangaje ko, mu gihe cyose azaba ari umukuru w’igihugu, nta munyeshuri wo mu mashuri abanza cyangwa ayisumbuye uzasama inda hanyuma ngo akomeze yiga.
BBC yavuze ko Magufuli yabwiye amashyirahamwe yarimo amusaba ko iryo tegeko ryakurwaho ko bafungura amashuri yabo bashiramwo abo babyaye, bakareka kugora reta.
Iyi ngingo ya Magufuli yateje impaka zikomeye muri Tanzania, yongera kwamaganirwa kure n’amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu, haba mu gihugu cyangwa hanze, yabona ko ije kubangamira uburenganzira bw’umwana w’umukobwa bwo kwiga amashuri.
Byongeye, Magufuli yatangaje ko abagabo bazaba bateye inda abanyeshuri b’abakobwa bazafungwa imyaka 30.
Minisitiri w’uburezi Ndalichako yavuze ko abata amashuri kubera gutwara inda bakiri ku ntebe y’ishuri bangana n’ibice 5% gusa, mu gihe abenshi mu bata ishuri bangana n’ibice 93%.
Yaboneyeho kumenyesha ko azatanga ibisobanuro birambuye ku bigiye gukorwa nyuma y’iryo tegeko.















