Nyuma y’urupfu rutunguranye rwa Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru akaba yari n’Umuyobozi w’ingabo muri iyo ntara, Peter Nkuba Chilimwami, Perezida Tshisekedi yashyizeho umusimbura nubwo intara amwoherejemo yose ifitwe n’umutwe wa M23 kugeze i Goma mu mugi Mukuru wayo.
Kuwa 28 Mutarama 2025 nibwo Umuvugizi w’umutwe wa M23 yigambye urupfu rwa General Majol Peter Chirimwami Nkuba. Yiciwe i Kasengezi muri Minova ubwo yasuraga abari imbere ku rugamba kugira ngo yifotozanye na bo.
Kuri uyu wa 28 Mutarama 2025 Perezida Tshisekedi yahise ashyiraho Guverineri mushya wa Kivu y’Amajyaruguru, General Major Kakule Eva Somo, gusa ntiharamenyekana niba azakorana na M23 ifite iyo ntara.
General Major ahawe kuyobora intara yamaze kujya mu maboko ya M23
Mbere yuko agirwa Guverineri, Gen. Maj. Kakule Eva Somo yari asanzwe ari Umuyobozi wungirije ku rugamba FARDC yari ihanganyemo na M23 kuri Teritwari ya Lubero akaba yanayoboraga Brigade ya 31 ushinzwe gutanga abasirikare bihuse ku rugamba.


















