Imbere y’umucamanza kuri uyu wa Gatatu, Turahirwa Moses, washinze Moshions yemeye ko yakoresheje urumogi ndetse aniregura ku mpapuro mpimbano za pasiporo akurikiranweho.
Hari mu rubanza rwo kuburana ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo mu gihe agikurikiranwe n’ubushinjacyaha ku byaha bibiri aregwa.
Turahirwa mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge yanemeye ko atabwa muri yombi yafatanywe urumogi iwe, icyakora asobanura ko ishati rwasanzwemo yari atarayambara na rimwe, ku buryo atazi uko rwahageze.
Yavuze ko yanywaga urumogi ari mu Butaliyani mu gihe gikabakaba imyaka ibiri yamazeyo.
Icyakora, ngo nubwo mu Butaliyani yanywaga urumogi, muri icyo gihugu ntabwo bifatwa nk’icyaha.
Ku kijyanye n’icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, Turahirwa yavuze ko yabikoze ari mu gukina filime ye Kwanda season 1, ndetse nta nimero passport yakoresheje ifite.
Ikindi ni uko ntaho yayikoresheje ayiyitirira cyane ko asanganywe iy’umwimerere, icyakora asaba imbabazi mu gihe hari uwaba yarajijishijwe n’iyo passport ye yakoresheje mu buhanzi.
Turahirwa yabajijwe niba atumva niba ari icyaha guhindura urwandiko rwe rw’inzira, we ahamya ko kuba yarahise asiba uru rwandiko kandi akaba yaragerageje kuruhindura agakuraho nimero ya passport, bitari bihagije ngo bibe icyaha.
Iburanisha ryapfundikiriwe aho, urubanza ruzasomwa ku wa mbere amenye niba akomeza kuburana afunzwe cyangwa ari hanze.


















