Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

U BWONGEREZA BUSHOBORA KONGERA KWEGERA EU MU BY’UMUTEKANO,STARMER ARASABA GUFUNGURA IBIGANIRO KURI SAFE.

Monday 2 February 2026
    Yasomwe na

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, yatangaje ko igihugu cye cyifuza kongera kuganira n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) ku bijyanye no kwinjira mu kigega cy’Ingabo cy’umuryango w’ubumwe bw’uburayi gishinzwe umutekano kizwi nka Security Action for Europe (SAFE). Ibi yabivuze mu gihe u Burayi bukomeje gushakisha uko bwakongera ubushobozi bwo kwicungira umutekano.

Starmer yavuze ko u Burayi bugomba gufata inshingano nyinshi mu kwirindira umutekano wabwo, ashimangira ko ari ngombwa ko ibihugu byiyongera ku ngengo y’imari igenerwa ingabo n’umutekano.

Yongeyeho ko u Bwongereza bwifuza kureba niba hari uburyo bwakorana bya hafi na EU binyuze mu mishinga ihuriweho nka SAFE. Iki kigega cya SAFE gifite agaciro ka miliyari zisaga 140 z’amayero, kigamije guteza imbere ubushobozi bw’ingabo z’ibihugu by’u Burayi.

Gusa, ibiganiro byo kwinjiza u Bwongereza muri iki kigega byigeze guhagarara mu mpera za 2025 kubera kutumvikana ku mafaranga igihugu cyagombaga gutanga. EU yasabaga u Bwongereza gutanga miliyari 2 z’amayero, mu gihe London yashakaga gutanga amafaranga make cyane ugereranyije n’ayo.

Minisitiri w’Ingabo w’u Bwongereza, John Healey, nawe yigeze gutangaza ko igihugu cye cyifuza kwinjira muri SAFE, ariko ashimangira ko bitagomba gukorwa ku giciro icyo ari cyo cyose. Ibi byerekana ko u Bwongereza bushaka ubufatanye, ariko bugashaka n’amasezerano aboneye impande zombi.

Yvette Niyigena.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru