Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

U Rwanda rugiye gukingira COVID-19 ikindi kiciro gishya

Monday 7 June 2021
    Yasomwe na

Mu gihe hamaze iminsi hatangwa doze ya kabiri y’inkingo za COVID-19 zahawe abaturage mu kiciro cya mbere uko ari ebyiri, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri hatangira gukingirwa ikindi kiciro gishya gihabwa doze ya mbere y’urukingo rwa Phizer.

Iyi minisiteri yatangaje ko izindi nkingo 50,300 za Pfizer zagejejwe ku bigo nderabuzima n’ibitaro bya Leta hirya no hino mu Rwanda.

Gukingira COVID19 icyiciro gishya biratangira ku wa kabiri tariki ya 08.06.2021 hakingirwa abafite nibura imyaka 75. Abandi bazagenda bagerwaho hibandwa ku bakuze.

Mu gihe Abanyarwanda bakomeje guhabwa urukingo rwa COVID-19 mu byiciro binyuranye, Minisiteri y’Ubuzima ikomeje gusaba buri wese, yaba uwahawe urukingo n’utararuhabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo ari yo kwambara agapfukamunwa neza, gukaraba intoki kenshi gashoboka, gushyira intera hagati y’umuntu n’undi no kwirinda kujya mu mahuriro atari ngombwa.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru