Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

U Rwanda rwakiriye inkingo ibihumbi 200 za Sinopharm zitanzwe n’Ubushinwa

Wednesday 18 August 2021
    Yasomwe na

U Rwanda rwakiriye ikiciro cya mbere k’inkingo za COVID19 za Sinopharm zatanzwe n’Ubushinwa ari nabwo bwazikoze mu kigo cyabwo gikora imiti n’inkingo CNPG.

Minisitiri w’Ubuzima aheruse gutangariza Abanyarwanda ko u rwanda rugiye gutangira gukoresha inkingo za COVID19 z’Ubushinwa nyuma yuko zemewe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS, ko zujuje ubuziranenge mu gukingira COVID19.

Ikiciro cya mbere cy’izi nkingo cyageze ku kibuga Mpuzahanga i Kanombo kuri uyu wa Gatatu zakirwa na Minisiteri y’Ubuzima.

Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Ubutwererane bw’u Bushinwa n’Afurika Wu Peng, yatangaje ko bizera ko iyo nkunga igira uruhare rukomeye mu kunganira ubukangurambaga bwa Leta y’u Rwanda bwo gukingira abaturage icyorezo cya COVID-19.

Yagize ati: “Ndizera ko zizongerera imbaraga ubukangurambaga bwo gukingira mu Rwanda.”

Ku wa Kane w’icyumweru gishize Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel yavuze ko muri iki cyumweru u Rwanda rwakira inkingo zisaga 200,000 za Sinopharm, ziyongera ku zisanzwe zikoreshwa za AstraZeneca na Pfizer.

Yagize ati: “Mu kindi cyumweru kizaza hari n’izindi zizaza, kuko hari inkingo zimaze kwemezwa n’Umuryango w’Abibumbye zirenze izo twari tumenyereye nka Moderna, Pfizer, AstraZeneca, na Sinopharm.”

Yakomeje agira ati: “Sinopharm ni urukingo rwakozwe n’Abashinwa, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) ryamaze kurwemeza ku buryo mu minsi iri imbere tuzakira inkingo zisaga 200,000 tuzifashisha mu gukingira.”

Izi nkingo zakurikiwe n’izindi zatanzwe na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zigera ku bihumbi 500, z’urukingo rwa Phizer. Izi ni zimwe mu za mbere Amerika izaha u Rwanda muri gahunda yihaye yo gutanga inkingo ku isi yose zigera kuri miliyoni 500.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru