Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

U Rwanda rwizeye amajwi y’uBurundi na RDC ko bizashyigikira kandidatire ya Louise Mushikiwabo mu matora ya OIF

Friday 22 June 2018
    Yasomwe na

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko hari icyizere ko u Burundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bizashyigikira kandidatire ya Louise Mushikiwabo ku kuyobora Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa.

Yabigarutseho mu kiganiro n’itangazamakuru ku byaranze umubano w’u Rwanda n’amahanga mu mezi atatu ashize, ku wa Gatanu tariki 22 Kamena 2018.

Muri iyi minsi umubano w’u Rwanda n’u Burundi ndetse na RDC, ntabwo uhagaze neza ku buryo hari impungenge ko ibi bihugu biri mu Muryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa, bishobora kutazaha amahirwe Mushikiwabo wiyamamariza kuyobora umuryango uhuriweho n’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa.

Amb. Nduhungirehe yatangaje ko hari icyizere ko ibi bihugu bizamushyigikira kuko ari umuco w’ibihugu bihuriye mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), wo gushyigikira umukandida watanzwe n’uyu mugabane.

Yagize ati “Ni umukoro wa AU gushyigikira kandidatire y’umukandida nk’uko twashyigikiye kandidatire ya Tedros Adhanom. Mu nama ya AU igiye kuba muri Nyakanga tuzabiganiraho. Ni inshingano y’ibihugu bya Afurika. Turizera ko u Burundi na RDC bizashyigikira kandidatire yatanzwe n’umugabane wa Afurika.”

Afurika ifite ibihugu 30 kuri 50 bifata ibyemezo muri OIF. U Rwanda rwatangiye kwiyegereza ibihugu bya Afurika ndetse byitezwe ko mu Nama ya AU iteganyijwe guhera ku wa 25 Kamena kugeza ku wa 2 Nyakanga i Nouakchott muri Mauritanie, ruzayifashisha mu kubisaba gushyigikira Mushikiwabo uhanganye n’Umunya-Canada Michaëlle Jean, usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wa OIF guhera mu 2014.

Inama ya OIF izabera Erevan muri Arménie ku wa 11-12 Ukwakira ni yo izaberamo amatora.

Umuryango wa Francophonie washinzwe mu 1970, urakomeye cyane kuko uhuza ibihugu bivuga Igifaransa, aho igenzura riheruka mu 2014 ryerekanye ko kivugwa na miliyoni 274 mu migabane itanu y’Isi.

Indi nkuru wasoma: Mushikiwabo yavuze kuri kandidatire ye muri OIF n’ibyo azibandaho natorwa

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru