Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

USA: Aba-Democrates bahigitse abakeba

Wednesday 7 December 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Ishyaka ry’Aba-Democrates muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ryahigitse Aba-Republicains mu bijyanye n’ubwiganze muri Sena n’abasenateri 51 kuri 49.

Aba-Democrates babashije guhigika Aba-Republicains nyuma y’itsinzi ya Raphael Warnock watorewe kwinjira muri Sena nyuma yo gutsinda Herschel Walker, Umu- Republicain bari bahanganye mu matora yo muri Leta ya Georgia.

Nyuma yo kwegukana intsinzi, Raphael Warnock yavuze ko azaharanira guhagararira neza abamutoye ku buryo ibyifuzo byabo bizagera kure.

Mu bishimiye intsinzi y’uyu mugabo harimo Perezida Joe Biden na Visi Perezida Kamala Harris, bahuriye mu ishyaka.

Perezida Biden abinyujije kuri Twitter, yavuze ko nyuma yo kumenya intsinzi ya Warnock yahise amuhamagara kuri telefone. Yavuze ko abona Warnock nk’umugabo uzahagararira neza abaturage ba Amerika muri Sena.

Amakuru dukesha Igihe avuga ko, Kugira ubwiganze muri sena ari iby’ingenzi kuri Perezida Biden kuko bizatuma hari imwe mu myanzuro ishyaka rye ryifuza ko ishyirwa mu bikorwa izajya itambuka nta nkomyi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru