Kubera ubwoba ubutegetsi bwa Joe Biden butewe nuko ikibazo cy’ubuzima gihagaze ku mugabane w’Afurika nyuma yuko muri Congo DRC no muri Guinea, bwatangaje ko buzakora ibishoboka byose kugira ngo burandurane n’imizi icyo cyorezo.
Byatangajwe kuri uyu wa Kane n’Umujyanama wa Biden mu bijyanye n’umutekano w’igihugu.
Yavuze ko ubuyobozi bwa Biden buzafatanya n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ibihugu byibasiwe na Ebola ndetse n’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe (AU) mu guhashya iki cyorezo cyoneye kugaragara i Congo ku nshuro ya 12.
Ni muri urwo rwego uyu mujyanama wa Biden yagiranye ibiganiro n’abahagarariye ibihugu byabo ari byo Congo Kinshasa, Guinea, Sierra Leone, Liberia muri Amerika bagamije kurebera hamwe uko ibyo byagerwaho bakarandura Ebola.
Ibihugu bya Congo Kinshasa na Guinea byongeye kuvugwamo icyorezo cya Ebola mu gihe bisanzwe biri mu bihugu byo ku mugabane wa Afurika bitorohewe n’icyorezo cya Coronavirusi kibasiye isi muri Rusange.

















