Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Abaganga bakomoka mu bihugu byo muri Afurika by’umwihariko muri Nigeria bagaragaje ko babayeho nabi mu Bwongereza, aho bakoreshwa mu buryo butaboneye mu mavuriro yigenga.
Kubera imishahara myiza, abaganga benshi bo muri Afurika bakunze kwerekeza ku mugabane w’Uburayi cyane mu Bwongereza.
Hari icukumbura ryakozwe na BBC rigaragaza ko abaganga bakomoka muri Nigeria bakorera ikigo NES Healthcare cyo mu Bwongereza bakoreshwa nabi bitandukanye n’imikorere y’abandi baganga.
Abo baganga bo bagaragaje ko bakoreshwa amasaha menshi ku buryo bafite impungenge ku buzima bw’abarwayi bavura, kuko uburyo bakoreshwamo butabemerera kuvura neza.
NES Healthcare yahakanye ibyo birego, ivuga ko igerageraza gutanga ibishoboka byose ngo abaganga bakore neza.
Ishyirahamwe ry’abaganga bo mu Bwongereza naryo ryasabye ko ubwo buryo abaganga b’Abanyafurika bafatwamo bihagarara kuko bitandukanye n’ibyemewe n’amategeko.
Bivugwa ko nibura buri mwaka abaganga basaga ibihumbi bibiri bava muri Nigeria berekeza mu Bwongereza.






















