Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Muri iki gihe cy’igikombe cy’isi, abacunga gereza bo mu gihugu cya Uganda babujijwe kujyana Telephone zabo ngendanwa mu kazi, baburiwe ko abagororwa bashobora kwifashisha kurangarira ibibera muri iyi mikino bagatoroka.
Umuvugizi wa Komiseri mukuru ushinzwe amagereza, Frank Muyanja Baine, mu magambo ye yagize ati: “itangira ry’amarushanwa y’igikombe cy’isi cy’umupira w’amaguru ku wa 20 Ugushyingo 2022 n’ibyishimo byayo bishobora gutuma imfungwa zitoroka.”
Iri tangazo nk’uko tubikesha Bwiza, rigira riti: “Abakozi ntibagomba kujya ku kazi bafite telephone kuko zirangaza kandi zikabangamira urwego rwo kuba maso.”
Ibi byatangajwe mu gihe gutoroka gereza bikunze kuba inshuro nyinshi muri Uganda.
Muri Nzeri 2007, imfungwa zirenga 200 zatorotse gereza irinzwe cyane mu karere ka Karamoja mu Majyaruguru yUburasirazuba bw’igihugu.
Mu 2006, abagororwa 500 na bo batorotse gereza yo muri Arua, mu karere ka Nili y’Uburengerazuba( mu majyaruguru y’uburengerazuba).
Uganda ikaba ifite abagororwa barenga 6000 muri gereza zayo, nk’uko bigaragara mu nyandiko za leta.























