Urubyiruko rwo mu Ntara y’Iburasirazuba ruvugako kuba hatariho amasomo yihariye ku mateka y’igihugu biri mu bituma ubumwe n’ubudaheranwa butagerwaho ijana ku ijana ibi babitangaje ubwo mu karere ka Nyagatare batangizaga ukwezi kwahariwe ubumwe n’ubudaheranwa mu banyarwanda.}} }
Ni bamwe mu batuye mu karere ka Nyagatare biganjemo abakiri bato bagaragaza ko kuba nta buryo bwagenwe nyuma y’ishuri bahabwamo amasomo ku mateka y’igihugu biri mu bituma ubumwe n’ubudaheranwa butagerwaho ijana ku ijana.
Emmanuel Munezero aba muri komite y’urubyiruko Mu murenge wa Kiyombe arasobanura impamvu
"urubyiruko akenshi turimo kugorwa no kubona amasomo akwiriye usanga ababyeyi batubyara aribo barimu bacu bityo bakaba bayagoreka cyangwa bakayaguha atuzuye"
Umuyobozi w’akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho mwiza madame Murekatete Juliet avuga ko bagiye gukoresha ingeri zitandukanye abakiri bato nabo bakaba bamenya amateka y’igihugu cyabo.
Mu magambo ye yagize ati"dufite inteko tuzabasangayo hari Kandi n’amaradiyo bashyiraho bakumva gahunda z’igihugu ndetse n’ubundi buryo butandukanye tuzabagezaho"
Nk’uko ubushakashatsi bwabogaragaje igipimo cy’ubumwe n’ubudaheranwa mu mwaka wa 2010 bwari kuri 82.1 naho mu mwaka wa 2020 igipimo kikaba kigaragaza ko byageze kuri 94.7
























