Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Ukraine: US iravuga ko Iran igiye guha Russia indege za drones

Tuesday 12 July 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Iran iteganya guha Uburusiya indege zitagira abapilote, zizwi nka drones, zishobora kuba zibarirwa mu magana, zo kwifashisha mu ntambara yise ibikorwa bya Gisirikare muri Ukraine, zimwe muri zo zifite ubushobozi bwo gukoreshwa mu ntambara nk’uko umuyobozi mukuru mu biro bya Perezida wa Amerika abivuga.

Jake Sullivan, Umuyobozi wo mu biro bya Perezida, White House mu by’umutekano w’igihugu avuga ko amakuru Leta Zunze Ubumwe za Amerika yerekanye ko Irani irimo gutegura no kwigisha ingabo z’Uburusiya gukoresha izi drones.

Gusa yavuze ko bitaramenyekana neza niba Irani yaramaze kuzitanga.

Izi drones zifite uruhare runini mu ntambara ikomeje ku mpande zombi, ni ukuvuga Ukraine n’Uburusiya.

Mu minsi ishize, Ukraine yasabye imfashanyo y’ibihumbi bya drones kugira ziyifashe mu ntambara yayo.

Sullivan avuga kandi ko izi ndege za Irani zitagira abapilote zari zarakoreshejwe mbere n’inyeshamba z’aba Houthi ba Yemen mu gutera Arabie Saudite.

Ayo magambo yavuzwe mbere y’uko Perezida Joe Biden wa Amerika asura Israel na Arabie Saoudite muri ino minsi. Nta na kimwe muri ibi bihugu bibiri kirinjira mu bihugu byafatiye ibihano Uburusiya kubera intambara bwatangije muri Ukraine. Gusa ngo Israel ibona igihugu nka Irani nk’ikibazo nyamukuru mu karere

BBC yanditse ko Amerika n’incuti zayo bamaze gufashisha Ukraine intwaro ndetse n’ibindi yifashisha mu ntabara bifite agaciro ka Miriyaridi zitari nke z’amadorari y’Abanyamerika kuva intambara itangiye mu kwa kabiri.

Sullivan avuga ko Amerika izakomeza gufasha Ukraine mu gisisrikare mu guhangana n’umwanzi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru