Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Umukobwa wagaragaye yambaye imyenda imugaragaza uko ateye yitabye urukiko

Thursday 18 August 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Nimugire Fidelia

Wa mukobwa wagaragaye mu gitaramo yambaye imyenda itamenyerewe hano mu Rwanda, ubu yitabye urukuko nyuma yaho Umuvugizi wa Polisi CP John Kabera abivuzeho.

Ibi byagaragaye mu ijoro ryo ku wa 30 Kanama mu gitaramo cya Tacy, uyu mukobwa akaba yagejejwe imbere y’ururkiko mu gitondo cyo kuri uyu wa 18 Kanama 2022.

Uyu mukobwa wavutse 1998, atuye mu karere ka Gasabo mu murenge wa Kacyiru, ubushinjacyaha buramushinja icyaha cyo gukorera ibiteye isoni mu ruhame. Uyu mukobwa we yari asanzwe acururiza ku Kisimenti inzoga, yagaragaye yambaye imyenda igaragaza imyanya ye y’ibanga, imyenda polisi yise akayunguruzo.

Nyuma y’igitaramo, ifoto ye yagiye isakara ku mbuga nkoranyambaga cyane. Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB rukimara kubona iyo foto rwatangiye gukora iperereza kuri uyu mukobwa, rwamutumijeho maze nawe abemerera ko iyo foto ari iye.

Nyuma yo kugezwa mu rukiko kumva dosiye ye, umushinjacyaha yasabye ko yafungwa iminsi 30 y’agateganyo mu gihe iperereza rikomeje.

Nyuma y’ubu busabe urubanza rwe rwashyizwe mu muhezo kuko ariko byasabwe n’umunyamategeko nk’uko bwiza dukesha iyi nkuru ibivuga.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru