Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) watangaje ko umutungo w’Uburusiya wafatiriwe ku nyungu za Ukraine, wahangayikishije Ububiligi

Friday 5 December 2025
    Yasomwe na

Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) watanze ibisobanuro bishya ku mushinga wawo wo gukoresha miliyari z’amayero z’umutungo w’Uburusiya wafatiriwe mu rwego rwo gushyigikira Ukraine mu ntambara no mu bukungu mu myaka ibiri iri imbere .
Uyu mushinga wahuye n’imbogamizi ziturutse mu Bubiligi, bavuga ko ushobora kugira ingaruka z’imari n’amategeko.


EU yatangaje ko igamije gufasha Ukraine kubona ibice bibiri bya gatatu by’ibikenewe mu myaka ya 2026 na 2027

Perezida wa Komisiyo y’Uburayi, Ursula von der Leyen, yatangaje ku wa Gatatu ko EU igamije gufasha Ukraine kubona ibice bibiri bya gatatu by’ibikenewe mu myaka ya 2026 na 2027. Ikigega mpuzamahanga cy’imari (IMF) Cyemeza ko Kyiv izakenera miliyari 137 y’amayero muri icyo gihe, naho Bruxelles igomba gutanga miliyari 90 muri ibyo binyuze mu “kugurizanya bifashishije n’imitungo y’Uburusiya yafatiwe.”

Von der Leyen yavuze ko gukoresha ayo mafaranga yafatiwe bizafasha Ukraine mu biganiro by’amahoro bizayihuza n’Uburusiya na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse bizatuma Kremlin imenya ko gukomeza intambara “bihenda cyane.” Yemeje kandi ko yabwiye ubuyobozi bwa Amerika kuri uyu mushinga.

EU yamaze kwemera gushyigikira Ukraine muri 2026-27, kugeza ubu yohereje miliyari 170 y’amayero kuva intambara y’Uburusiya yatangira mu 2022. Niba umushinga wo kugurizanya ufashijwe n’imitungo y’Uburusiya yafatiriwe utemerwa, EU ishobora kwiyambaza amasoko mpuzamahanga, ariko icyo gikorwa gisaba kwemerwa n’ibihugu byose, bikazaha Hongiriya ububasha bwo gukumira.

U Burusiya bwanenze uwo mushinga buvuga ko ari “ubujura.” Muri iki gihe, umutungo munini ushobora gukoreshwa ubarirwa kuri miliyari 210 y’amayero y’Uburusiya wafatiriwe muri Europe, hafi ya miliyari 194 ikaba iri mu Bubiligi. Komisiyo y’Uburayi yateguye ingamba zitandukanye zo kurinda ibihugu ku ngaruka zishobora guterwa n’Uburusiya, harimo no kubuza ko ayo mafaranga yafungurwa ndetse no gushyiraho uburyo bwo kugurizanya Ukraine bwemeranyijeho n’ibihugu byose bya EU.

Ariko, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’U Bubiligi, Maxime Prévot, ntiyanyuzwe n’uyu mushinga. Avuga ko “ari wo mushinga mubi kurusha indi yose kuko ufite ibyago kandi nta n’icyo umaze.” Yasabye ibihugu binyamuryango guhitamo kugurizanya ku isoko mpuzamahanga, uburyo busanzwe kandi buzwi, buhamye kandi bufite ibisobanuro byizewe.

Honore Ishimwe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru