Byasaga naho kugerwaho bizakomeza kugorana ukurikije ibihato byagaragaye muri Gahunda Ubwongereza bwasinyanye n’u Rwanda yo kurwoherereza abimukira n’abasaba ubuhungiro mu Bwongereza ariko uwa mbere wo ku mugabane w’Afurika yabimburiye abandi barebwa n’ayo masezerano.
Gahunda y’ubwongereza n’u Rwanda ni uko abageze ku butaka bw’Ubwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko mbere yo kwiga ku kibagenza bazajya boherezwa mu Rwanda aho bazajya basuzumirwa dosiye zabo bakabona kwemererwa cyangwa guhakanirwa.
Mu minsi ishize, Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Rishi Sunak yishimiye ko intambwe ya nyuma yaburaga ngo iyi gahunda yari imaze imyaka ibiri itekerejwe ishyirwe mu bikorwa yageze ku musozo, igiaigaye ari ukugurutsa indege ya mbere ibageza i Kanombe.
Mu barebwa n’iki cyemezo, hari umwe wabimburiye abandi atiriwe ategereza undi muhango no kuzana n’abandi yisabira kuzanwa mu Rwanda.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda wungirije, Alain Mukuralinda yavuze ko uwo umwe ahinyuje abavugaga ko iyi gahunda itazakunda.
Ati: "Ninkaho ahinyuje abanenga uyu munsi; none ko abyihitiyemo, akihitiramo u Rwanda ntawubimutegetse cyangwa umushyizeho igitugu?"
Yakomeje agira ati: " Bivuze yuko uyu munsi arahari, ejo ashobora gusaba ubuhungiro cyangwa se kuba umwimukira, agatangira akidegembya; asize Telefone, asize abantu mu Bwongereza benshi, azatanga amakuru, ashobora kuzavugana n’itangazamakuru, n’abandi bakavuga bati ariko wamugani aho hantu bajyaga batubwira ko ntamutekano, ko nta mpamvu tutajyayo, ko hari uwagiyeyo, ko arimo aduha amakuru, reka natwe tuzagerageze turebe."
Bwana Alain Mukuralinda yavuze ko abantu bakwiye kumenyanta gutangaza kirimo kuko u Rwanda rusanzwe rwakira n’abandi bahunga, abashaka gusaba ubuhungiro ahandi kandi baturutse mu bihugu bitandukanye, wenda ubu bikaba ariko uko uyu avuye mu Bwongereza aho bifite amazezerano yihariye abiteganya.


















