Urubanza rwahurijwe hamwe ruregwamo Paul Rusesabagina wari Perezida w’Impuzamashyaka MRCD na Nsabimana Callixte wiyise Major Sankara ndetse na Herman Nsengimana, abo babiri bahoze ari abavugizi b’umutwe wa FLN ndetse n’abarwanyi babo uko ari 17 ruratangira kuburanishwa mu mizi kuri uyu wa gatatu tariki ya 17 Gashyantare 2021 mu cyumba cy’urukiko rw’ikirenga ruri i Kigali ku Kimihurura.
Uru ni urubanza ruburanishwa n’urugereko rwihariye rw’urukiko rukuru ruburanisha imanza z’ibyaha mpuzamahanga n’ibyamvukiranya imipaka, ruherereye mu karere ka Nyanza.
Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda, Harrison Mutabazi yabwiye Urwego rw’igihugu rw’itangazamakuru ko nyuma yuko urubanza rwimuriwe mu cyumba cyagutse ku Kimihurura abantu benshi basabye kurukurikirana imbonankubone ariko ubu bashobora no kwifashisha ikoranabuhanga bakarukurikiraniraho, ku mpamvu z’ingamba zo kwirinda COVID-19.
Yagize ati "Impamvu ya mbere ni uko twagiye tubona ubusabe bw’abantu benshi bandika bifuza ko barukurikirana ariko nanone turi mu bihe by’iki cyorezo cya COVID-19, bityo icyumba dufite ntabwo cyakwakira abantu bose kandi ngo hubahirizwe kwirinda COVID-19.
Twahisemo ubundi buryo bw’ikoranabuhanga; abashaka, ababyifuza barukurikirana mu buryo bw’ikoranabuhanga ariko batiriwe baza ahangaha ku Rukiko rw’Ikirenga."
Umwanzuro wo guhuza izi manza waashwe tariki ya 3 Ukuboza 2020 nyuma yuko urukiko rusanze ibyaha byiganjemo iby’iterabwoba, gushinga umutwe w’ingabo utemewe no kwemera kuwujyamo, kugaba ibitero ku butaka bw’u Rwanda n’ibindi byose babihuriyeho.

















