Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzania, Tundu Lissu, yongeye kugezwa imbere y’urukiko kuri uyu munsi, aho akomeje kuburanishwa ku byaha byo kugambanira igihugu mu Rukiko Rukuru rwa Dar es Salaam.
Urukiko rwemeje ko iburanisha rizakomereza kuva kuri uyu munsi kugeza ku ya 6 Werurwe 2026. Uru rubanza rurimo kuburanishwa n’abacamanza batatu b’Urukiko Rukuru ari bo Ndunguru, J. Karayemaha na Kiwonde.
Kuri ubu, urubanza rugeze mu cyiciro cyo kumva abatangabuhamya bashinja, aho ibimenyetso bitangwa mu buryo burambuye kandi hakurikijwe amategeko agenga imiburanishirize.
Ishyaka CHADEMA riyobowe na Lissu ryahamagariye abarwanashyaka baryo n’abaturage muri rusange gukurikiranira hafi iyi dosiye, rivuga ko ari igipimo gikomeye cyerekana urwego rwa demokarasi n’ubutabera muri Tanzania.
Lissu yafashwe muri Mata 2025 nyuma y’umunsi umwe akoze igikorwa cya politiki mu majyepfo y’igihugu, ahita ashinjwa icyaha cy’ubugambanyi. Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuze ko gufungwa kwe byari umugambi wa leta ya Perezida Samia Suluhu Hassan wo kumubuza kuzitabira amatora ya perezida yabaye mu mwaka ushize.
Si ubwa mbere Lissu atabwa muri yombi, kuko no mu bihe byashize yagiye afungwa inshuro nyinshi. Mu 2017, ku butegetsi bwa John Magufuli, yarokotse igitero cyo kumwica ubwo yaraswaga amasasu 16, bimuviramo guhungira mu mahanga.
Yaje kugaruka muri Tanzania mu 2020 kugira ngo ahatane na Magufuli mu matora ya perezida, ariko nyuma yo gutangaza ibyavuye muri ayo matora, yongeye kuva mu gihugu avuga ko yabayemo uburiganya.
Lissu yagarutse mu gihugu mu 2023 nyuma y’uko Perezida Samia Suluhu Hassan akoze impinduka zigamije kongera ubwisanzure ku mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi.
Chadadi Habimana



















