Perezida Paul Kagame yafunguye ibirori byo Kwizihiza imyaka 10 ishize hatangijwe Ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nka Youth Connect ryabereye muri #IntareArena aho ryahuje urubyiruko ibihumbi n’ibihumbi baturutse mu mpande zose z’igihugu.
Youth Connekt yafashije benshi mu rubyiruko kuko yatumye hahangwa imirimo igera ku bihumbi 36, hamaze kandi gukorwa ibikorwa bigera muri miliyoni 4 byakorewe ahantu hatandukanye mu gihugu bikozwe mu bumenyi bw’urubyiruko rutanga umusanzu mu bikorwa bitandukanye by’abaturage.
Hafashijwe imishinga irenga ibihumbi 2000 mu buryo butandukanye.
Hafashijwe kandi urubyiruko rugera ku bihumbi 3000 rwari rufite ibibazo bitandukanye, mu gihe hafashijwe n’abenjeniyeri 500 b’urubyiruko bakora mu bikorwa remezo.
Agaciro k’ibimaze kuva mu bikorwa byarurutse mu biganiro bya YouthConnekt kabarirwa muri miliyari 5.


















