Kaminuza iherereye mu gihugu cya Zambiya yasabye abakobwa bose biga muri iyi kaminuza ko uzahirahira yambara impenure ‘Mini’ nta kabuza azasohorwa muri iyi kaminuza.
Ibi bije nyuma yaho abahungu biga muri iyi kaminuza batangarije ubuyobozi ko imyambarire y’abakobwa bahiga ibacumuza, aho usanga biga badatuje bitewe n’ibyo baba babona imbere yabo.
Iyi kaminuza iherereye mu murwa mukuru wa Lusaka uyinjiyemo ngo usanganirwa n’amatangazo agaragaza ko kiziri kikaziririzwa kwambara impenure muri iyo kaminuza.
Itangazo riburira umukobwa wese uzahirahira kwambara impenure ko azabiryozwa.
Itangazo riburira umukobwa wese uzahirahira kwambara impenure ko azabiryozwa
Nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, abahungu nibo ntandaro yo guca impenure muri iyi kaminuza nyuma y’uko bagaragaje ko bibabangamira. Umwe mu baganiriye n’iki kinyamakuru, yagize ati “Namwe murabizi uburyo imibiri y’abakobwa ihahamura, biratugora rwose”
Ni ubwa mbere iyi kaminuza ifashe iki cyemezo kugeza naho itanga itangazo mu kigo hose ku bijyanye n’imyambarire y’abakobwa.

















