Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

u Rwanda rwatangiye gupima icyorezo cya Ebola

Tuesday 30 October 2018
    Yasomwe na

Iki cyorezo kiri guhitana abantu benshi muri iyi minsi u Rwanda rwagihagurukiye, nubwo muri iki gihu iyindwara itaragaragaramo ni ngombwa gutunga ibikoresho wakwifashisha mu kuyipima iyo ndwara uwo bayisanganye agahabwa imiti.

Ibi byaganiriwe kuri uyu wa 2 tariki ya 30 ukwakira 2018, mu kiganiro nyunguranabitekerezo, n’umuryango w’abanyamakuru baharanira amahor (Pax Press) wagiranye na Minisiteri y’ubuzima ndetse(Minisante) n’ikigo cy’igihugu cy’ubuzima(RBC), aho bareberaga hamwe uko hakumirwa indwara ya Ebola.

Dr Muvunyi Zubera, umuyobozi ushinzwe ubuzima rusange muri Minisiteri y’umuzima avuga ko, Nyuma y’iminsi mike iki cyorezo cya Ebola cyongeye kuvugwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubu ngo abavayo bose bapimwa Ebola.

Mbere u Rwanda rutaragura ibikoresho byarabagoraga gupima Ebola kuko byasabaga kujya kuyipimisha muri Uganda, magingo aya iki kibazo cyarakemutse.

Agira ati”Kugeza ubu mu Rwanda dufite ubushobozi bwo gupima icyorezo cya Ebola, kuko mbere byaratugoraga kuyipima, urumva byadusabaga kujya kuyipimisha mu gihugu cya Uganda urumva iyi n’intambwe nziza u Rwanda tumaze kugeraho.”

Dr Muvunyi Akomeza akomeza avuga ko Leta y’u Rwanda yiteguye kurwanya indwara ya Ebola n’izindi ndwara kuburyo buhagije.

Mu itangazo minisiteri y’ubuzima (Minisante) yashyize ahagaragara yahumurije abanyarwanda, ivuga ko yiteguye mu buryo bwose guhangana n’icyo cyorezo cya Ebola igihe cyaba kigeze mu Rwanda arinayompamvu bakoze ibishoboka byose bakagura ibikoresho byo kuyipima.

Yagize iti “Minisiteri y’Ubuzima ifatanyije n’izindi nzego irahumuriza abanyarwanda n’abandi bose bagenderera u Rwanda, kuko yiteguye bihagije kandi ko hafashwe ingamba zo gukumira icyo rezo cya Ebola.”

Minisiteri y’Ubuzima kandi yasabye abanyamakuru bari bateraniye muri iki kiganiro nyunguranabitekerezo, gukangurira abanyarwanda kwita ku isuku bagira umuco wo gukaraba intoki hakoreshejwe amazi meza n’isabune.

Icyorezo cya Ebola Kibangamiye umutekano w’u Rwanda, ugaragaje ibimenyetse byayo asabwe kwihutira kujya kwa muganga, ndetse no gukomeza kugira umuco wo kwivuza hakiri kare igihe cyose wumva urwaye.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru